00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ama G yerekanye umukobwa yasimbuje umugore baherutse gutandukana

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 5 Nyakanga 2017 saa 04:31
Yasuwe :

Hakizimana Amani wiyise AmaG The Black yemeye byeruye ko yabonye undi mukobwa bakomezanya urugendo rw’urukundo nyuma yo gutandukana n’umugore bari bamaranye imyaka ibiri babana.

Uyu muraperi uherutse gusohora indirimbo yitwa ‘Lipstick’ igakurikirwa n’inkuru zemezaga ko yavugaga ibye n’uwo bahoze babana, yabwiye IGIHE ko yabonye umukunzi mushya ndetse bagomba kuzarushingana.

Umukunzi mushya wa Ama G The Black yitwa Uwase Liliane, uyu bamaranye amezi agera kuri ane bari kumwe ndetse nyuma yo gutandukana kwe n’umugore bagiye bagaragaza ibimenyetso byerekanaga ko bari mu rukundo ariko wababaza bakabigarama.

Ama G ati “Uriya turakundana, turakundana ahubwo cyane, ndamukunda cyane […] Ni umukunzi wanjye, ubu ni we turi kumwe.”

Yavuze ko nubwo bataramenya gahunda ihamye y’ubukwe bwabo, ngo bagomba kuzarushinga. Yagize ati “Ntabwo nahita nkubwira ngo tuzarushinga uyu munsi ariko gahunda irahari, ntabwo ari vuba ariko si na kera, igihe nikigera tuzabatumira mubutahe.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 4 Nyakanga 2017, Ama G yakoze ibirori by’isabukuru y’imyaka 26 amaze avutse, yari yatumiye inshuti ze za hafi ndetse by’umwihariko yakase umutsima afatanyije n’umukunzi we Uwase Liliane bagiye gukomezanya urugendo rw’urukundo.

Ama G yari amaze amezi atatu yeretse inshuti ze uyu mukunzi we mushya

Muri ibi birori, Ama G yabwiye inshuti ze ko yahisemo ‘Uwase ngo bakomezanye urugendo rushya atangiye nyuma yo gutandukana na Rosine’. Yavuze ko icyatumye akunda uyu mukobwa ngo ni uko ‘yicisha bugufi kandi akubaha’.

Ama G n’umugore babanaga mbere bafitanye umwana w’umuhungu bise Shami[uyu asigaye abana na nyina]. Ibyo kubana kwabo mu nzu byatangiye kuvugwa muri Mutarama 2015, nyuma batangaje ko bagombaga gukora ubukwe none birangiye umugabo yishakiye undi bakomezanya.

Uyu muraperi arateganya gusohora amashusho y’indirimbo ‘Twatsinze’ nyuma ngo azashyira hanze indi nshya yise ‘Ntaho tuzajya’.

Uwase Liliane mu birori by'isabukuru Ama G aherutse gukora
Ama G na Liliane bamaze iminsi bagaragaza ko baryohewe n'urukundo
Ama G na Uwase bagiye kurushinga
Ama G amaze igihe atandukanye na Rosine, ubu aritegura ubukwe na Uwase Liliane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .