00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sabato De Sarno yagizwe Umuyobozi w’Udushya muri Gucci

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 29 Mutarama 2023 saa 08:50
Yasuwe :

Umutaliyani Sabato De Sarno yagizwe Umuyobozi wo guhanga Udushya mu Nzu Mpuzamahanga y’Imideli, Gucci, asimbuye Alessandro Michele weguye kuri izi nshingano mu Ugushyingo 2022.

De Sarno asanzwe ari Umuhanga mu mideli yakoranye n’ibigo bitandukanye nka Prada, Dolce & Gabbana na Valentino aho yagiye agira uruhare mu guhanga imyambaro y’abagore n’abagabo.

Gucci yatangaje ko azaba ashinzwe kureberera imyambaro yose y’abagabo n’abagore ihangwa, ikorwa mu ruhu, imitako yo ku mubiri n’ibindi.

De Sarno azagaragaza ibikorwa bye bya mbere muri Gucci muri Nzeri 2023 mu birori by’imideli bya Milan Women Fashion week.

De Sarno yavuze ko anejejwe no kuba agiye gukorana na Gucci kandi yiteguye gutanga umusanzu we mu kurushaho kwagura ibikorwa byayo.

Umutaliyani Sabato De Sarno yagizwe Umuyobozi wo guhanga Udushya muri Gucci

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .