Ibi birori byatangiye gutegurwa ku buryo mu Ukuboza 2025 bizaba binogeye ijisho. Ku ikubitiro Albert Supply Textile Ltd yatoranyije abanyamideli 40 bazifashishwa mu barenga 300 bari bitabiriye.
Abanyamideli batoranyijwe bazafashwa kwitegura neza badoderwa imyambaro ijyanye n’imiterere yabo bazifashisha.
Biteganyijwe ko bazanakora umwiherero uzabafasha kugira ubundi bumenyi bunguka. Ni amahugurwa bazahabwa na Jacqueline Happy Umurerwa wamenyekanye mu ruganda rw’imideli mu myaka irenga 15 ishize.
Uyu yanitabiriye ibirori bitandukanye bikomeye ku Isi birimo Paris Fashion Week, New York Fashion n’ibindi.
Umurerwa utuye muri Afurika y’Epfo ari mu Rwanda aho yatumiwe na Nsengiyumva, ngo aze kumufasha gutoza aba banyamideli.
Nsengiyumva Albert watangije Albert Supply Textile Ltd, yabwiye IGIHE ko iki gikorwa cyo gutegura ibirori by’imideli atari ubwa mbere bagikoze, ariko kuri iyi nshuro bahisemo kugikora mu buryo bwa kinyamwuga.
Ati “Twari twateguye ikindi gikorwa muri Kamena 2025, ubwo rero twarabikoze ariko abantu barambwira bati ‘turifuza ko wazongera ukadukorera ikindi gitaramo cyo kumurika imideli’. Aba turi guhitamo ni abashobora kuzambara bakaberwa.”
Ni igikorwa kizaba mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 Nsengiyumva amaze akora ibijyaye no kudoda.
Ati “Maze imyaka 40 nkora ibijyanye no kudoda. Ubwo nakoreraga mu Bushinwa ntabwo nabonye umwanya uhagije wo kuba nakora ibirori by’imideli mbere.”
Ku bijyanye no gukorana n’Abanyamideli, Nsengiyumva yavuze ko yahisemo kubitangirira mu Rwanda ariko agateganya ko ari igikorwa kizakomereza no mu bindi bihugu.
Ati “Nababwiye ko nshaka kureba uko twahera mu rugo, hanze y’u Rwanda tugatangirira muri Uganda twerekana imyambaro yanjye, muri Kenya na Tanzania ariko tukazajya no hanze ya Afurika.”
Nsengiyumva asanzwe afite uruganda rukora imyenda ruherereye mu Cyanya cy’inganda i Masoro. Uyu mugabo ni umwe mu bashoramari bo mu Rwanda bafite ibikorwa bikomeye.
Yatangiye ubushabitsi akiri muto, akora akazi k’ubudozi kuko ari bwo yize, yagura ibikorwa kugeza ubwo ageze ku ishoramari ryagutse akorera mu Rwanda, mu Bushinwa na Centrafrique.
Amafoto: Nzayisingiza Fidèle


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!