00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bamwe mu bitabira ‘Guma Guma’ baba bazanywe no kwirebera Anita na Tino

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 12 Kamena 2013 saa 08:23
Yasuwe :

Mc Anita na Mc Tino bamaze kuba ibirangirire ku buryo hari bamwe mu bitabira ibitaramo bya Primus Guma Guma Super Star baje kwirebera gusa byo bakora no kwiyumvira amagambo yabo asekeje.
Bamwe mu baganiriye na IGIHE bavuze ko bashimishwa cyane n’uburyo Anita na Tino bashyushya ibirori kuko ngo babasetsa bakanyurwa.
Niyonkuru Diane, w’imyaka 23, umufana wa Knowless aganira na IGIHE, we yagize ati “Nshimishwa cyane na Anita na Tino. Baregerana cyane iyo bari kumwe”.
Aganira na IGIHE, Anita (...)

Mc Anita na Mc Tino bamaze kuba ibirangirire ku buryo hari bamwe mu bitabira ibitaramo bya Primus Guma Guma Super Star baje kwirebera gusa byo bakora no kwiyumvira amagambo yabo asekeje.

Bamwe mu baganiriye na IGIHE bavuze ko bashimishwa cyane n’uburyo Anita na Tino bashyushya ibirori kuko ngo babasetsa bakanyurwa.

Niyonkuru Diane, w’imyaka 23, umufana wa Knowless aganira na IGIHE, we yagize ati “Nshimishwa cyane na Anita na Tino. Baregerana cyane iyo bari kumwe”.

Aganira na IGIHE, Anita yavuze ko gukorana na Tino bimworohera cyane kuko ari umuntu bamenyeranye. Ati “Mufata nk’umuvandimwe wanjye, ubanza ari nayo mpamvu dusetsa abantu cyane kuko tuba twisanzuye”.

Tino we avuga gushyushya abantu mu birori yabitangiye kera ku buryo yumva ari yo mpamvu bimworohera gushimisha ababa bitabiriye ibitaramo bikomeye nk’ibi.

Tino na Anita bamaze imyaka itatu baba abashyushyabirori b’irushanwa rya PGGSS.
y’ibihumbi 12.

Dore amwe mu mafoto Anita na Tino basetsa abantu:

Tino ari gusomana kuri stage, imwe mu mikino ikunda gushimisha abantu
Anita yuifashe ku kagongo asa n'uri gutaka cyane mu gihe bari barimo bamubyinisha, imwe mu mikino isetsa abaturage
Anita amaze imyaka igera kuri itatu ari Mc muri Guma Guma
Abahanzi baza kubyina nta babyinnyi bafite Anita abibafashamo; aha ari kubyinana na BullDogg
Ushobora gutangara uri "Cyore!"; ariko ibi ni ukuri. Anita yari yambuye ishati Kamichi nuko amuhobera amuturutse imbere amubyinisha, ntumubaze iby'amasoni
Bissosso ngo ni umusore da! Aha ateruriye icyarimwe amaguru ya Mc Tino na Anita
Ubwo yari ari i Nyamagabe Anita yahobewe n'umwe mu bakecuru uvuga ko ari umufana we
Nawe ubwe abanza akawukataho akemeza abafana be
Kubonana Anita na Tino uba uzi ko byanze bikunze uri buseke
Aha Bissosso na Anita bari kurushanwa kwerekana urukundo; Bissosso ari kugerageza kwambara inkweto z'umukobwa ngo w'umukunzi we mu gihe na Anita yamanitse akaboko ku muhungu ngo w'umukunzi we da!
Anita yicaye hasi yazamuye akaguru mu birere ari guhamagara umuhazi uza kuririmba. Aha ngo yaryamye hasi kuko ngo uwo muhanzi ahamagaye akomeye cyane, ngo ntiyamuvuga ahagaze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .