Uyu munya-Kenya yataramye mu ijoro ryo kuri uyu wa 1 Mutarama 2025 mu gitaramo ‘The New Year Groove’ cyamurikiwemo Album ya gatatu ya The Ben yitwa “Plenty Love” cyabereye muri BK Arena.
Otile yageze ku rubyiniro mu ma saa yine y’ijoro, aririmbana na The Ben indirimbo ’Can’t Get Enough’ bakoranye. Ni indirimbo yatumye uyu munya-Kenya akundwa cyane mu Rwanda.
Ubwo yataramiraga Abaturarwanda, Otile yagize ati “Ni ku nshuro yanjye ya mbere ndi mu Rwanda. Mu myaka itatu ishize nakoranye indirimbo nziza n’umuvandimwe wanjye, kandi njye mwita Tiger. Impamvu naje hano ni ukubera iyi ndirimbo."
Yakomeje avuga ko The Ben ari umuntu w’ingenzi kuri we, wamubaye hafi mu bihe bigoye aherutse kunyuramo, amubera inkingi yo kwegamaho.
Yagize ati “Yambaye hafi kandi ndabizirikana. Iyo ndi mu bihe bikomeye ni we unturisha. Warakoze cyane muvandimwe, The Ben.”
Akivuga ibi, The Ben na we yahise amushimira ndetse yongeraho ko na we amushimira by’umwihariko kuba yagiye kumufasha muri iki gitaramo.
Otile Brown asanzwe ari umwe mu bahanzi bakomeye muri Kenya no mu karere ka Afurika y’iburasirazuba kuva mu 2017 ubwo yamurikaga album yise ‘Best of Otile’. Mu bihe binyuranye, yakunzwe mu ndirimbo zirimo Aye, Woman, My Sugar hamwe na Dusuma yakoranye na Meddy.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!