00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto 50 yaranze ibirori byo kwishimira intsinzi ya Perezida Kagame

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 July 2024 saa 06:37
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 15 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje iby’ibanze byavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yari yatangiriye mu Banyarwanda batuye hanze y’u Rwanda ku wa 14 Nyakanga 2024.

Ni amajwi yatangajwe ku wa 15 Nyakanga, umunsi Abanyarwanda b’imbere mu gihugu batoreyeho.

Mu gihe hari hitezwe gutangaza iby’ibanze byavuye mu matora, buri mukandida yari yateguye aho ategererezanya n’abamushyigikiye kumva icyo imibare ivuga.

Umuryango FPR Inkotanyi wari wateguye ko abanyamuryango bawo na Paul Kagame bategerereza iby’ibanze byavuye mu matora ku Intare Arena i Rusororo, ahasanzwe hari Icyicaro gikuru cy’uyu muryango.

Imibare y’ibyavuye mu matora yagaragaje ko Paul Kagame yanikiye bagenzi be n’amajwi 99.15%, Dr Habineza Frank agira 0.53%, mu gihe Mpayimana Philippe yagize 0.32%.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko buri wese akwiye kumva ko afite uruhare mu gukemura ibibazo igihugu cyahura na byo, aho kwitana ba mwana ngo umwe yite undi nyirabayazana.

Yagaragaje ko iby’amatora bisa n’ibyamaze kujya ku ruhande, ahubwo hagezweho ibikorwa “kugira ngo tubikore, inyungu ku Banyarwanda ziboneke.”

Yashimiye imitwe ya politike yifatanyije na FPR Inkotanyi muri aya matora n’abandi bose bagize uruhare kuva mu kwiyamamaza kugeza ku munsi w’amatora.

Biteganyijwe ko amajwi y’agateganyo azatangazwa ku wa 20 Nyakanga mu gihe amajwi ya burundu mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’Abadepite azatangazwa bitarenze ku wa 27 Nyakaga 2024.

Abatumiwe batangiye kuhagera hakiri kare
Abahageze kare babanje kuganira mu matsinda biyibutsa urugendo bari bamazemo iminsi
Ku rundi ruhande, hari abahageze mbere babanje gucinya akadiho banimara imbeho y'umugoroba
Abantu binjiraga ahabereye ibi birori ku bwinshi
Uko umugoroba wigiraga imbere ni na ko ubwitabire bwiyongeraga
Ruti Joel n'izindi ntore zahageze kare zabanje gucinya akadiho zitegura ibigiye gutangazwa na Komisiyo y'Igihugu y'Amatora
Si urubyiruko gusa rwaraye ijoro rutegereje iby'ibanze biva mu matora
Senderi Hit ni umwe mu bageze i Rusororo hakiri kare
Abari muri ibi birori bacinyaga akadiho cyane ko bari bizeye intsinzi
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bakoraniye ku Intare Arena ari benshi
Wari umugoroba w'ibyishimo kuri buri wese wagize amahirwe yo kuhagera
Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports ni umwe mu bari batumiwe muri uyu mugoroba
Perezida Kagame amaze kugera ku Intare Arena agiye kwifatanya n'Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi gutegereza iby'ibanze byavuye mu matora
Perezida Kagame asuhuza abari bakoraniye i Rusororo
Umuryango wa Perezida Kagame wari witabiriye iki gikorwa
Perezida Kagame akihagera yasuhuje abitabiriye uyu mugoroba
Perezida Kagame aramukanya n'umwe mu bitabiriye uyu mugoroba
Lucky Nzeyimana na Sandrine Isheja ni bo bayoboye ibi birori
Perezida Kagame aganira n'Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars
Gasamagera Wellars na Perezida Kagame baganira mu gihe bari bategereje iby'ibanze biva mu ibarura ry'amajwi
Amatsiko yari yose bategereje ibiva mu ibarura ry'amajwi
Amajwi agitangazwa buri wese yiruhukije bakoma amashyi bishimiye icyo imibare yavugaga
Buri wese yibazaga icyo imibare igiye kuvuga ku by'ibanze byavuye mu ibarura ry'amajwi
Ibyishimo byari byose kuri Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame
Abari bakoraniye i Rusororo bakurikiraniye itangazwa ry'amajwi ku nsakazamashusho nini yari yateguwe
Nyuma yo kubona ibyavuye mu matora, akanyamuneza kari kose kuri Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bahoberanye bishimira intsinzi
Ibyishimo byari byose ku Banyamuryango ba FPR Inkotanyi bakimara kumenya ko umukandida wabo yanikiye abo bari bahanganye
Buri wese witabiriye ibi birori yifuzaga gucyura ifoto y'urwibutso
Perezida Kagame yashimiye abo mu muryango we bamubaye hafi mu bihe byo kwiyamamaza
Umunyarwenya Atome yerekana ko gahunda yari ugutora ku gipfunsi
Perezida Kagame yashimiye abayobozi b'imitwe ya politike yashyigikiye FPR Inkotanyi mu matora y'Umukuru w'Igihugu
Perezida Kagame yashimiye abantu bose adasize abahanzi ndetse n’urubyiruko bagendanye mu bikorwa byo kwiyamamaza
Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, yatangaje ko yishimiye Abanyarwanda bakomeje kumugirira icyizere
Chairman wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame yatangaje ko kugira amajwi menshi bigaragaza icyizere Abanyarwanda bamufitiye ndetse kigenda cyiyongera uko iminsi yigira imbere
Perezida Kagame yahamije ko iby’ibanze byavuye mu matora ari ubudasa buyobera amahanga
Perezida Kagame yanikiye abo bari bahatanye agira amajwi 99.15%
Perezida Kagame yavuze ko kuri ubu iby’amatora bisa n’ibigiye ku ruhande, hagiye gutangira gushyira mu bikorwa ry’ibyo bemereye Abanyarwanda
Wari umugoroba wo kubyina intsinzi ku Banyamuryango ba FPR Inkotanyi
Andy Bumuntu na bagenzi be bari bayoboye abacinyaga akadiho muri uyu mugoroba
Uwagize amahirwe yo kugera i Rusororo yanyuzwe
Lionel Sentore na bagenzi be bafatanyije gucinya akadiho basusurutsa Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bakoraniye i Rusororo
Nubwo hari mu ijoro benshi babyinnye kugeza aho bikura
Mu gihe bamwe bafataga amafoto, abandi babyinaga ubudahagarara
Nta rungu ryagaragaye aho abasore biganjemo ababarizwa mu Itorero Ibihame by'Imana bari bari kubyinira
Danny Vumbi n'umugore we bari babukereye
Buri wese yifuzaga gutahana ifoto cyangwa amashusho y'urwibutso
Urubyiruko rwo muri FPR Inkotanyi rwari rwitabiriye ari rwinshi
Bushali, Mani Martin, Ndandambara na Mighty Popo bari mu bahanzi bari bitabiriye uyu mugoroba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .