00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zari ari kwitegura ubukwe n’umukunzi we mushya

Yanditswe na Muvunyi Arsène
Kuya 16 April 2019 saa 07:50
Yasuwe :

Umunya-Ugandakazi wamamaye cyane ubwo yari umugore w’umuhanzi Diamond Platnumz, Zari Hassan, yatangaje ko ari mu myiteguro y’ubukwe bwe n’umusore basigaye bakundana.

Hashize imyaka ibiri Zari atandukanye na Diamond Platunmz babyaranye abana babiri.

Uyu mugore yafashe icyemezo cyo kuva mu rugo nyuma yo kujujubywa n’uyu musore wari usigaye amuca inyuma. Kuva icyo gihe yakomeje kwita ku bana be batanu n’ibikorwa bye by’ubucuruzi, iby’urukundo aba abishyize ku ruhande.

Muri uyu mwaka ku munsi w’abakundana, Zari yongeye kwerekana ko ari mu rukundo n’umusore atatangaje amazina ye. Aherutse kuvuga ko kugira ngo abone uyu mukunzi byamusabye kwiyiriza ubusa amusengera.

Abinyujije kuri Instagram, yavuze ko ari mu myiteguro y’ubukwe, asaba abamukurikira gusubiza amerwe mu isaho kuko buzitabirwa n’abo mu miryango n’inshuti nke.

Yagize ati “Ubukwe bwanjye buzaba bwihariye, amakuru arambuye [muzayamenya] imyiteguro nirangira. Buzitabirwa n’imiryango n’inshuti gusa.”

Zari agiye gukora ubukwe nyuma y’aho Diamond Platnumz baheruka gutandukana, nawe yari yatangaje amatariki y’ubukwe bwe n’umunyakenyakazi Tanasha ariko aza kubwimurira igihe kitazwi. Mbere byari byatangajwe ko buzaba tariki 14 Gashyantare 2019.

Zari ari kwitegura kongera kubana n'umugabo
Zari n'umukunzi we mushya bagiye gukora ubukwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .