Imbunda zo mu bwoko bwa Pistol ebyiri na Shotgun imwe n’imiti igabanya ububabare byafatiwe mu modoka y’urugendo ya 2 Chainz mu kwezi gushize ifashwe n’abantu 10 nk’uko byanditswe mu mpapuro zagejejwe mu bucamanza kuri uyu wa Kabiri.
Uyu muraperi Tauheed Epps w’imyaka 35 , uzwi ku zina rya 2 Chainz yafashwe muri Kanama tariki 22 muri uyu mwaka mu mujyi wa Oklahoma Nyuma yaho Polisi ihagarikirije iyo Modoka.
Muri icyo gikorwa polisi yakoze yasanzemo n’imiti yo mu bwoko bwa Hydrocodone na Flexeril, gusa iyi Flexeril ikoresha mu kugabanya igaragara ry’imitsi ku mubiri naho Hydrocodone ikaba igabanya ububabare ku muntu ndetse iyi miti ikaba ihabwa umuntu ufite uruhushya rwa Muganga.
Gusa ubuyobozi bwa Polisi buvuga ko muri iyo modoka bafatiramo n’igikapu kirimo urumogi n’impapuro mpimbano.



















TANGA IGITEKEREZO