00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Michael Jackson mbere yo gupfa yavuze ko akennye

Yanditswe na

Munyentwari Patrick

Kuya 14 June 2013 saa 09:21
Yasuwe :

Phillip Landy wari ubereye umujyanama Michael Jackson, yatangaje bimwe mu byo yavuganye amarira mbere y’uko uyu muhanzi apfa, agaragaza ko akeneye kuba yakora ibindi bitaramo, kugira ngo abashe kubona amafaranga yo gufasha umuryango we.
Philip Randy yagize ati “Yambwiye ko we n’abana be babayeho nabi, yabimbwiye arira, mbona ko koko biteye agahinda nuko nanjye ndarira yakomeje ambwira ko akeneye amafaranga yo gukemura ibibazo bye birimo kuba yagurira abana be inzu yo kubamo”. Urubuga (…)

Phillip Landy wari ubereye umujyanama Michael Jackson, yatangaje bimwe mu byo yavuganye amarira mbere y’uko uyu muhanzi apfa, agaragaza ko akeneye kuba yakora ibindi bitaramo, kugira ngo abashe kubona amafaranga yo gufasha umuryango we.

Philip Randy yagize ati “Yambwiye ko we n’abana be babayeho nabi, yabimbwiye arira, mbona ko koko biteye agahinda nuko nanjye ndarira yakomeje ambwira ko akeneye amafaranga yo gukemura ibibazo bye birimo kuba yagurira abana be inzu yo kubamo”.

Urubuga 7sur7 rwanditseko nubwo Phillip byamubabaje, byamutangaje cyane kuba umuntu w’icyamamare nka Michael Jackson yagira ubukene kandi akagaraza ko buteye inkeke.

Nyamara ibi ngo Michael nta kindi yabishakiraga uretse kuba yakura abana be mu bukode ndetse no kuba yarashakaga gukemura ibindi bye bibazo bwite, kandi ko yabonaga atazabana n’abana be.

Ngo mu gihe mujyanama we, yabonaga ahubwo ikibazo kimuhangayikishije ari icy’ubuzima bwe ariko ntiyiyumvishe ko yagira ikibazo cy’amafaranga.

Michael Jackson yapfuye asize abana bose baba hamwe mu nzu y’inkodeshanyo ya miliyoni 100 z’amadorari, yishyuwe akuwe mu bitaramo bya “This is it”, bikaba bivugwa ko yishwe na Illuminatti bitewe n’ibibazo bari bafitanye.

Kimwe mu bitaramo Michael Jackson yagaragarijemo ubuhanga bwo kubyina

Micheal Jackson yakunzwe kuva akiri muto
Ubuhanga mu kubyina nibwo bwatumaga Michael Jackson afatwa nk’igitangaza
Michael Jackson, gukoresha ipusi byatumaga yibazwaho
Dore abana Michael Jacckson yasize
Mu minsi ishize kandi haherutse gutangazwa amafoto mashya yafotowe ku munsi w''urupfu rwa Michael Jackson; muri ayo mafoto harimo agaragaza ibishushanyo by'abana batazwi n'uducupa tw'ibiyobyabwenge n'imiti bishobora kuba ari n'intandaro y'urupfu rwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages