Muri iyi minsi ari gutegura igitaramo azakorera i Dubai mu ntangiriro za Gicuruasi, umunyamerika ‘Justin Beiber’ w’imyaka 19 yatangaje ko yifuza ashaka inzu azaturamo muri uyu mujyi muri Leta zunze ubumwe z’ibihugu by’Abarabu.
N’ubwo yamaze kubona hoteli agomba gucumbikamo mu gihe azaba akora icyo gitaramo, Bieber we ngo arashaka inzu azaturamo igihe kirekire aho kuba muri iyo hotel by’iminsi mike.
Abakurikiranira hafi iby’uyu muhanzi, baremeza ko Justin Bieber ashaka kuba atuye i Dubai mu rwego rwo gushaka aho yaba aturijeho gato, dore ko muri iyi minsi itangazamakuru rimwibasiye kubera imico imwe n’imwe igenda imugaragaraho.



















TANGA IGITEKEREZO