00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Flo Rida yajyanywe mu nkiko azira kwihakana umwana

Yanditswe na

Munyentwari Patrick

Kuya 26 June 2013 saa 08:03
Yasuwe :

Umuririmbyi Flo Rida wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ubu ari mu mazi abira nyuma yo kwihakana umwana avuga ko atari uwe.
Urukinko rwemeza ko umwana nyamara ari uwa Flo Rida, n’ubwo we abyihakana. Ibipimo bya muganga (Test d’ADN) byo byemeza ko ntaho umwana ahuriye n’uwo bita se (Flo Rida).
Ibi bibaye nyuma yaho, Gloria Holloway, nyina w’umwana, ashinze urubanza avuga ko Flo Rida yanze gutanga indezo y’umwana, nyamara akamwihakana yivuye inyuma.
Urubuga 7sur7 rwanditse ko (…)

Umuririmbyi Flo Rida wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ubu ari mu mazi abira nyuma yo kwihakana umwana avuga ko atari uwe.

Urukinko rwemeza ko umwana nyamara ari uwa Flo Rida, n’ubwo we abyihakana. Ibipimo bya muganga (Test d’ADN) byo byemeza ko ntaho umwana ahuriye n’uwo bita se (Flo Rida).

Ibi bibaye nyuma yaho, Gloria Holloway, nyina w’umwana, ashinze urubanza avuga ko Flo Rida yanze gutanga indezo y’umwana, nyamara akamwihakana yivuye inyuma.

Urubuga 7sur7 rwanditse ko ibi bitigeze bihagarika icyemezo cy ’urukiko, kuko ari cyo cyahawe intebe, nubwo benshi batabyumva kimwe.

Kugeza ubu Flo Rida we yaruciye ararumira.

Biravugwa ko uyu mwana w’imyaka 2, asa neza na Flo Rida, bikekwa ko ari byo urukiko rwashingiyeho rufatira uyu muhanzi icyemezo bivugwa ko kidasobanutse.

Gloria Holloway, nyina w'umwana ari nawe urega umuraperi Flo Ride, kwihakana umwana no kudatanga indezo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages