Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 24 Nyakanga 2026 mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aho Noble Family Church, ku bufatanye na Women Foundation Ministries n’Akarere ka Gasabo, bafashije abana b’abakobwa bo mu miryango itishoboye.
Muri iki gikorwa cyahuriranye na gahunda yo gutangiza ku mugaragaro gahunda y’Intore mu Biruhuko mu Karere ka Gasabo, abakobwa ibihumbi bibiri bahawe ibikoresho bitandukanye by’isuku birimo udutambaro tw’isuku twifashishwa mu gihe cy’imihango, impapuro z’isuku, amasabune, amavuta yo kwisiga, umuti wo koza amenyo n’uburoso bwo koza amenyo.
Apôtre Mignonne Kabera yavuze ko gufasha abana b’abakobwa atari igikorwa cy’ubugiraneza gusa, ahubwo ari ishoramari ryubaka ejo hazaza h’umuryango n’Igihugu.
Ati "Nka Noble Family Church twizera ko kubaka umuryango n’Igihugu bitangirira ku kwita ku mwana. Ni yo mpamvu twiyemeje kugira uruhare mu gufasha abana b’abakobwa kugira ubuzima bwiza, kubigisha isuku no kubasobanurira akamaro ko kwiyitaho. Turifuza ko nta mwana w’umukobwa wakongera guhura n’ibibazo biterwa no kubura ibikoresho by’isuku cyangwa ngo ashukishwe ibyo akeneye."
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Gasabo, Mudaheranwa Régis mu ijambo rye yashimye ubufatanye bumaze igihe hagati yabwo na Noble Family Church, buvuga ko atari ubwa mbere iri torero rifasha abatishoboye.
Mu mwaka ushize, Noble Family Church yatanze inkunga ya miliyoni 16 Frw, mu gihe ku wa 11 Kanama 2026 hateganyijwe gutangwa izindi miliyoni 10 Frw zo gufasha imiryango itishoboye.
Nyuma y’iki gikorwa, Apôtre Mignonne Kabera yatumiye abagore n’abakobwa kuzitabira igiterane ngarukamwaka cya ’All Women Together’, kizabera muri BK Arena kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 15 Kanama 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!