Umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana, Gaby Kamanzi, wamenyekanye cyane mu ndirimbo ”Amahoro” arateganya gukorera igitaramo gikomeye i Bujumbura mu Burundi, mu kwezi gutaha kwa Kanama.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Gaby yavuze ko iki gitaramo yagiteguye mu rwego rwo kwishimana n’abakunzi b’ibihangano bye bari mu Burundi bakunze kumusaba kenshi ko yabataramira. Yavuze kandi ko bizaba ari n’uburyo bwiza bwo kumurikirayo Album ye ya mbere yise "Ungirira Neza".
Yagize ati “Maze imyaka njyayo guherekeza bagenzi banjye gukorerayo ibitaramo noneho niyemeje kujyayo ngo mbereke CD nanataramane nabo”.
Gaby atangaza ko ataramenya neza aho azakorera iki gitaramo, abahanzi bazamufasha, n’amatariki nyir’izina kizaberaho, ariko akizeza abafana be ko azabitangariza IGIHE mu gihe cya vuba.
Iby’iki gitaramo IGIHE tuzabibagezaho no ku rubuga rwacu rukorera i Bujumbura rwa IGIHE Kirundi



















TANGA IGITEKEREZO