Ni igitaramo cyabaye ku wa Gatandatu tariki 7 Kamena 2025. Aline Gahongayire yagihuriyemo n’abahanzi barimo Josh Ishimwe, Emmy Vox na Peace Hoziyana.
Iki gitaramo cyabaye nyuma y’aho ku wa 2 Kamena 2025 ari bwo Aline Gahongayire wari umaze iminsi i Kigali yageze mu Bubiligi.
Icyo gihe, mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko yifuza gutegura ibitaramo nk’ibi byinshi ku buryo byajya biha amahirwe abahanzi bagezweho mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, bagahura n’abakunzi babo bo muri Diaspora.
Ati “Twe urebye tumaze igihe muri ibi bintu, hari amahirwe tutabonye mu gihe cyacu, ariko ubu mu bushobozi bwacu hari ibyo twafasha barumuna bacu. Ndifuza ko ibi bitaramo byakwaguka nkajya mbasha gutumira abahanzi bagezweho bakabasha kujya gutaramira abakunzi babo bo muri Diaspora.”
Iki gitaramo Gahongayire yagiteguye afatanyije na Team Production.
Amafoto: Rutayisire Jessica



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!