Ni nyuma y’igitaramo cya mbere uyu mugabo yakoreye mu Mujyi wa Montreal ku wa 19 Mata 2025, mu gihe mu Mujyi wa Ottawa ho arahakorera ikindi gitaramo kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata.
Yabwiye IGIHE ko yishimiye gutaramira mu Mujyi wa Montreal ndetse n’uko abakunzi be bamwakiriye. Ati “Nishimiye kubona abantu ba Montreal bizihiza Pasika, kandi ni intsinzi y’umuzuko w’umucunguzi wacu Yesu Krisito. Ishusho iki gitaramo cyampaye ni uko abantu banyotewe ibihe byo kuba mu bwiza bw’Imana. Amasaha yabaye macye.”
Ibi bitaramo ari guhuriramo n’abahanzi barimo Serge Iyamuremye, Aime Frank ndetse na Miss Dusa. Kwinjira ni 45$ mu myanya isanzwe ndetse na 70$ mu y’icyubahiro. Uyu muhanzi mu cyo yehereyeho yaririmbyemo indirimbo umunani ze zakunzwe mu myaka yashize.
Uretse ibi bitaramo ari gutegura afatanyije na sosiyete yitwa ‘Reimage Canada Inc.’ imaze gukomera mu gutegura ibitaramo muri Canada, Patient Bizimana yari amaze iminsi ari gukora kuri album ye nshya ndetse agiye gutangira gushyira hanze indirimbo ziyigize ahereye ku yo yise “Agakiza”.
Ibi bitaramo byaherukaga mu 2019, icyo gihe Patient Bizimana yari yatumiye abahanzi barimo Alka Mbumba wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakurikiye Sinach yari yatumiye mu 2018.
Aheruka kuvuga ko ari gutegura igitaramo cya ‘Easter Celebration’ azamurikiramo album ye nshya mu Mujyi wa Kigali.
Yongeyeho ko nyuma yo kwimukira muri Amerika ateganya gukorera igitaramo i Kigali azanamurikiramo album ye nshya yise “Agakiza” yitiranwa n’indirimbo yashyize hanze mu minsi mike ishize.
Biteganyijwe ko iyi album azayimurika ku wa 5 Mata 2026, aho abahanzi bazafatanya bazatangazwa mu minsi iri imbere.




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!