00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zendaya agiye kuba avuye muri sinema

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 16 July 2026 saa 06:45
Yasuwe :

Zendaya Maree Stoermer Coleman, uzwi nka Zendaya, yatangaje ko agiye kuba afashe akaruhuko mu mwuga we wo gukina filime nyuma yo gukina muri filime eshanu muri uyu mwaka wa 2026.

Uyu mukunzi w’icyamamare Tom Hollad ni umukobwa w’imyaka 29 y’amavuko. Nyuma yo gukina muri izi filime zose no kuzamamaza azenguruka mu itangazamakuru no mu birori bitandukanye, Zendaya yahamije ko agiye gufata umwanya wo kwitekerezaho akiyitaho kugira ngo azagarukane imbaraga.

Ati “Aka ni akazi kenshi cyane katanyemereraga kuruhuka kandi uba ujya ahantu hashya buri segonda ndetse ubwonko bwawe buba bwananiwe. Birashimishije, ndabyishimira kandi ntacyo nabihinduraho ariko rimwe na rimwe uba ukeneye kugenda ukabura igihe gito”.

Mu mishinga ikomeye yari ahugiyemo igatuma ananirwa irimo nk’igice cya gatatu cya filime ya ‘Euphoria’, ‘The Drama’, ‘The Odyssey’, ‘Spider-Man: Brand New Day’ na Dune: Part Three’.

Asoje ingendo eshanu zitandukanye zizenguruka itangazamakuru, byatumye uyu mwaka ari wo amaze gukoramo ibintu byinshi mu mwuga we.

N’ubwo Zendaya ari guteganya kumara igihe atagaragara mu ruhame nk’uko yabisobanuye, abakunzi ba filime ntibazamukumbura cyane kuko zimwe muri filime asize akoze zizajya hanze vuba.

Filime zimwe zamaze gutunganywa izindi nka ’The Odyssey’ zikaba zimaze igihe zitegerezanyijwe amatsiko menshi n’abakunzi ba sinema.

Zendaya amaze igihe ari mu rukundo n'icyamamare Tom Holland
Zendaya agiye kuba avuye muri sinema

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages