Uyu muhanzi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagize ati “Mbitangaje ku mugaragaro, ku wa 18 Ugushyingo ntabwo ikiri itariki nizihirizaho umunsi wanjye w’amavuko, mubimenye ko nta butumwa cyangwa impano nzakira uwo munsi.”
Mr P. yavuze ko azajya yizihiza isabukuru ye y’amavuko ku wa 30 Ugushyingo, kandi ko ari icyemezo cye bwite.
Nubwo ariko yatangaje ko ari icyemezo cye, amakuru ahari ahamya ko yagifashe kugira ngo yitandukanye n’impanga ye Rudeboy bari basanzwe bizihiriza isabukuru y’amavuko umunsi umwe.
Mr P. w’imyaka 44 y’amavuko, ni umuhanzi ubimazemo igihe cyane ko yatangiye umuziki mu 2003 ubwo batangizaga itsinda P Square ryamamaye cyane muri Afurika no ku Isi muri rusange.
Mu 2017 nibwo iri tsinda ryaje kugirana ibibazo ahitamo gutangira urugendo rwa muzika ku giti cye ndetse ahita asohora indirimbo nka "For My Head", "Cool It Down" n’izindi nyinshi zatumye yamamara nka Mr P aho kuba umwe mu bagize P Square.
Uyu mugabo wamamaye mu muziki kugeza ubu afite umugore bamaranye imyaka 13 ndetse n’abana babiri, uretse umuziki yanize ibijyanye na ‘Business’ muri Abuja University.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!