Buri muntu agira uburyo bwihariye inkuru y’urukundo rwe itangira, ariko hari izisa n’inkuru zo muri filime z’urukundo zikunze gukundwa na benshi.
Mu kiganiro Nyambo na Richard baherutse kugirana na RUA Rwanda, nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, Richard yavuze ko yakunze Nyambo amubonye mu kiganiro cyo kuri YouTube.
Ati "Ubwa mbere namubonye mu kiganiro kuri YouTube. Numvise ijwi rimbwiye riti uyu azaba umugore wawe. Ako kanya nahise mpagarika ibyo narebaga ntangira kwitegereza neza ifoto ye."
Richard yavuze ko kuva icyo gihe, mu 2022 yatangiye kwandikira Nyambo, ariko ntamusubize, bituma ategereza hafi imyaka itatu atarabona ubutumwa buva kuri uyu mukobwa bumusubiza.
Yavuze ko nubwo byari bimeze bityo, yakomeje kwizera ko Nyambo ari we mugore Imana yamugeneye, ndetse atangira kubisengera.
Richard yakomeje avuga ko mu 2023 yongeye kubona ikimenyetso cyamwongereye icyizere, ubwo yari mu Rwanda agahura na nyirasenge, na we akamubwira ko nyuma yo kumusengera, basanze Nyambo ari we mukobwa ukwiriye kuzamubera umugore.
Uyu musore yavuze ko uwo nyirasenge yahise amuha nimero ya Nyambo, ibintu yabonye nk’ikimenyetso kindi, kuko yari amaze igihe amwandikira ku mbuga nkoranyambaga ataramusubiza.
Nubwo batangiye kuvugana, Richard yavuze ko bitahise byoroha kuko hari igihe Nyambo yari afite undi musore bakundanaga, ku buryo hari n’ubwo uwo musore ari we wasubizaga ubutumwa yamwandikiraga.
Ati "Inshuro nyinshi naramwandikiraga nkamubwira nti erega ibyo wigira byose ni wowe uzaba umugore wanjye, rimwe na rimwe bikamurakaza."
Mu 2025, ubwo Richard yari mu biruhuko mu Rwanda, ni bwo yongeye guhura na Nyambo imbonankubone. Bagira umwanya wo kuganira birambuye, ari na bwo urugendo rw’urukundo rwabo rwatangiye.
Urukundo rwa Nyambo Jesca, wamamaye muri sinema nyarwanda na Uwiragiye Richard rwamenyekanye mu minsi ishize ubwo uyu musore yamwambikaga impeta, bemeranya gutegura ubukwe.
Nyuma y’aho, abantu bongeye gutungurwa no kubona ko hashize iminsi mike gusa, ku wa 30 Nyakanga 2026, Nyambo na Richard basezeranye imbere y’amategeko, batangira urugendo rushya rwo kubaka urugo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!