00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yampano agiye kuzenguruka u Rwanda n’amaguru

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 4 February 2026 saa 02:26
Yasuwe :

Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano mu muziki yateguje abakunzi b’umuziki we ingendo zizenguruka Igihugu agenda n’amaguru, ahereye ku ruzaturuka i Kigali rwerekeza i Rusizi.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Yampano yagaragaje ko yitegura gukora urugendo rw’amaguru ruzenguruka u Rwanda.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Yampano yagize ati “Urugendo rw’amaguru ruzenguruka u Rwanda. Urugendo si intera, ni ibiganiro tugirana mu nzira. Aho tuzanyura hose, tuzicara tuvugane, twumvane, twubakane.”

Ubwo yaganiraga na IGIHE, Yampano yavuze ko nubwo atarashyira amatariki azatangiriraho izi ngendo, azahera ku ruva i Kigali rwerekeza i Rusizi.

Uru rugendo ni kimwe mu bikorwa binini Yampano atangaje ko agiye gukora mu 2026, umwaka ukurikira uwo yagiriyemo ibihe bigoye cyane ko umwaka ushize yagarutsweho cyane mu nkuru zinyuranye ziganjemo iz’amashusho ye ari gutera akabariro yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga.

Ni inkuru z’ibihe uyu muhanzi yageze n’aho agaragaza ko byamugizeho ingaruka kuko hari ubwo yanyuzagamo akagaragaza ko abayasakaje ari abashaka kumusenya ariko akongeraho ko icyo asabwa ari ugukomera.

Ati “Ibuye ryanzwe n’abubatsi ni ryo ryakomeje imfuruka, ariko uwo rizagwira wese rizamugira ifu. Nta mbaraga zishobora gusenya icyo Imana yubatse cyangwa gutandukanya abo yahuje.”

Yampano agiye gutangira urugendo ruzenguruka u Rwanda n'amaguru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages