00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yakoranye n’abarimo Drake, Chris Brown na 2Chains; Yung Bleu yahuriye ku rubyiniro na Element EleéeH

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 12 September 2026 saa 07:43
Yasuwe :

Mu ijoro ryacyeye, Element EleéeH yataramiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri Leta ya Idaho mu Mujyi wa Boise, ahabereye iserukiramuco rya ‘World Village Festival’, yahuriyemo n’abandi bahanzi barimo Yung Bleu, The Dirty Dozen Brass Band, Steve Styles, DJ Extreme na DJ Prince.

Nubwo Element EleéeH yahahuriye n’abahanzi batandukanye, Yung Bleu ni umwe mu bafite izina rikomeye mu muziki wa Amerika, by’umwihariko nyuma yo gukorana na Drake mu ndirimbo “You’re Mines Still”, yamufashije kurushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.

Yung Bleu, amazina ye nyakuri akaba ari Dejaun Dailey, yavukiye i Mobile, muri Alabama, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu rugendo rwe rwa muzika, Yung Bleu yagiye agaragaza ubuhanga mu kuvanga injyana za R&B na Hip Hop, ibintu byamufashije kugira umwihariko no kwigarurira abafana benshi.

Yamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Miss It”, “Ice On My Baby” na “You’re Mines Still”, ndetse n’izindi zakoze ku mitima y’abakunzi b’umuziki.

Uretse Drake wamufashije kurushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, Yung Bleu yanakoranye n’abandi bahanzi bakomeye barimo Chris Brown na 2 Chainz, bahurira mu ndirimbo “Baddest”. Yanakoranye na Kehlani mu ndirimbo “Beautiful Lies”.

Uyu muhanzi yari umwe mu batumiwe muri World Village Festival 2026, aho yahuriye na Element EleéeH, umuhanzi Nyarwanda usigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Element EleéeH na we yishimiwe cyane n’abitabiriye iri serukiramuco, aho yongeye kwerekana ubushobozi bw’abahanzi Nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga.
World Village Festival 2026 yabereye i Boise muri Leta ya Idaho, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iri serukiramuco rizwiho guhuriza hamwe abantu baturuka mu bihugu n’imico itandukanye, bagasangiza abandi umuco w’ibihugu byabo binyuze mu muziki, ibirori n’ibindi bikorwa by’ubuhanzi.

Element EleéeH yatraramiye muri 'World Village Festival 2026' yabereye i Boise muri Leta ya Idaho, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Element EleéeH yishimiwe cyane muri iki gitaramo yahuriyemo n'abarimo Yung Bleu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages