00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Will Smith yavuze ku gihano yafatiwe cy’imyaka 10 atitabira ibihembo bya Oscars

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 28 March 2025 saa 07:14
Yasuwe :

Will Smith wamamaye muri sinema n’umuziki, yagarutse ku bihano yafatiwe na The Academy itegura ibihembo bya ‘Oscars’, nyuma y’aho akubise urushyi umunyarwenya Chris Rock imbere y’abantu benshi bari bitabiriye ibi birori.

Tariki ya 22 Werurwe 2022 ntabwo izibagirana mu mitwe ya benshi bakurikirana imyidagaduro. Ni bwo Will Smith yatunguranye ku rubyiniro agakubita urushyi umunyarwenya Chris Rock wari uri kuyobora itangwa ry’ibihembo bya ‘Oscars 2022’.

Icyo gihe Chris Rock yari ateye urwenya kuri Jada Pinkett Smith, umugore wa Will Smith.

Uru rwenya rwari rushingiye ku kuba uyu mugore nta musatsi afite, nyamara umusatsi we warashizeho kubera uburwayi bwa ‘Alopecia’ bwari bumurembeje.

Will Smith utarabashije kwihanganira uru rwenya rwa Chris Rock yafashe nk’urwakinaga ku mubyimba umugore we, yahise amusanga ku rubyiniro amukubita urushyi amubwira ati “Kura izina ry’umugore wanjye mu kanwa kawe."

Iyi yabaye inshuro ya mbere mu mateka y’ibi bihembo habayeho ikintu nk’iki mu ruhame.

The Academy itegura ibi bihembo bifatwa nk’ibya mbere muri sinema, yahise isohora itangazo rivuga ko imyitwarire idahwitse yaranze Will Smith ko itakwihanganirwa ndetse ko yahanishijwe kumara imyaka 10 adahatana mu bihembo bya ‘Oscars’ aho atemerewe no gukandagiza ibirenge ahabereye ibi birori.

Mu kiganiro na The Associated Press, uyu mugabo yabajijwe icyo atekereza kuri iki gihano yafatiwe, gusa asubiza asa nk’uwihunza ikibazo agira ati “Ndashaka kuba umuntu mwiza, nshobora kandi nzakoresha icyo gihe cyose nahanwe mbikora”.

Will Smith wavuze ko ibyo yakoze byari impanuka, yahishuye ko isomo byamwigishije riri mu bikubiye kuri album yashyize hanze nyuma y’imyaka 20 yaravuye mu muziki.

Ni album yise ‘Based on True Story’ yasohoye kuri uyu wa 28 Werurwe 2025, ikubiyemo ubuzima yagiye anyuramo.

Will Smith yagarutse ku gihano yafatiwe n’abategura ibihembo bya ‘Oscars’
Nyuma yo gukubita urushyi Chris Rock imbere y’imbaga, Will Smith yahanishijwe kumara imyaka 10 adahatana mu bihembo bya ‘Oscars'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .