00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Will Smith yagaragaje ko akunda kugira ibyago byo kuvugisha ibyamamare habura gato ngo bipfe

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 21 February 2025 saa 09:55
Yasuwe :

Icyamamare mu muziki na sinema, Will Smith, yahishuye ko yibona nk’ufite ibyago byo kuba akunze kuvugisha ibyamamare mbere y’igihe gito ngo byitaba Imana. Urugero rwa hafi ni uko yavuganye na The Notorious B.I.G na Prince mbere y’uko bapfa.

Christopher George Latore Wallace wari uzwi ku izina rya Notorious B.I.G. yishwe ku wa 09 Werurwe 1997. Yarasiwe mu modoka ubwo yari i Los Angeles muri Leta ya California. Yari avuye mu gitaramo.

Ni mu gihe Prince Rogers Nelson wamenyekanye nka Prince yapfuye mu 2016, aho byavuzwe ko yishwe no gukoresha imiti ya fentanyl irengeje urugero. Yaguye iwe i Chanhassen muri Minnesota.

Will Smith witegura gusohora ‘album’ nshya nyuma y’imyaka 20 yari ishize ahugiye mu gukina filime yarateye umugongo umuziki, akomeje kugenda ahishura byinshi ku buzima bwe birimo nko kuba akunze kugira ibyago byo kuvugisha ibyamamare bibura igihe gito ngo byitabe Imana.

Ibi yabikomojeho mu kiganiro yagiranye na Broken Record, aho yavuze ko abifata nk’umwaku kuba ajya avugana n’abantu mbere y’uko bapfa.

Smith atanga urugero yavuze ko ibyamamare birimo umuraperi Notorious B.I.G (Biggie Smalls) n’umuhanzi Prince bose bapfuye bamaze kumuvugisha kuri telefoni.

Yagize ati “Ibi nta nubwo nshaka kubivuga kuko bimeze nk’umwaku. Nari ndikumwe na Biggie mbere y’amasaha ane ngo yicwe. Navuganye kandi Prince mu masaha umunani mbere y’uko na we apfa.

Will Smith yakomeje avuga ko Prince yamuhamagaye amubwira ku mushinga yari amaze kuganiraho na Jay Z wo kuba uko bari batatu bagombaga kwishyira hamwe maze bagatangiza umushinga w’inzu y’imyidagaduro.

Ati “Iryo joro twaravuganye mu gitondo yahise apfa. Ibyo bintu rwose sinzi icyo bivuze kuri njye kuko ni bibi. Hari igihe nageze nkajya mbwira ko batagomba kumpamagara”.

Uyu mugabo uri mu bakomeye i Hollywood, yakomeje avuga ko ayo makuru yari yaririnze kuyabwira abantu kuko yumva bimeze nk’umwaku afite. Yasoje avuga ko Biggie na Prince bamubabaje kuko bari inshuti ze z’akadasohoka.

Will Smith (hagati) yahishuye ko yavuganye na Notorious B.I.G (iburyo) na Prince mbere y’uko bitaba Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .