00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwihariko wa album ya kabiri Alyn Sano agiye kumurika

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 May 2026 saa 04:50
Yasuwe :

Nyuma yo kuva muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari amaze igihe, Alyn Sano yateguje album ye ya kabiri izaba ikurikira ‘Rumuri’ yasohoye mu 2023.

Ni album uyu muhanzi yateguje abakunzi be mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, avuga ko izaba iriho abahanzi banyuranye barimo na Savara wo muri Kenya.

Ati “Mfite indirimbo zigera kuri 50 ndi gushaka gutoranyamo izizaba ziri kuri album. Sindamenya umubare neza w’izo nzifashisha ariko uyu mwaka ndayiha abakunzi banjye. Ni album igaruka ku buzima bwanjye ariko bwa rusange, nizera ko abantu bazaryoherwa kuko iyo bibaye album nta mikino ngira."

Mbere yo gusohora album ye ya kabiri, Alyn Sano yavuze ko akomeza gusangiza abakunzi be indirimbo zinyuranye mbere y’uko ayishyira hanze.

Ibi Alyn Sano yabikomojeho mu gihe yanashyize hanze indirimbo ye nshya yise ‘Ntibikunda’ yakoreye muri Amerika aho yari amaze iminsi.

Alyn Sano ni umwe mu bahanzika bagezweho mu Rwanda, wamenyekanye cyane mu njyana ya R&B na Afro-Pop kubera ijwi rye rituje n’indirimbo ziganjemo ubutumwa bw’urukundo n’ubuzima bwa buri munsi.

Uyu mukobwa wujuje imyaka umunani mu muziki, yawutangiye mu 2018, aza kwamamara cyane nyuma yo gushyira hanze indirimbo zakunzwe zirimo “No More”, “For Us” na “Fire”.

Alyn Sano kandi yagiye akorana n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda no hanze yarwo, ibintu byamufashije gukomeza kwagura ibikorwa bye mu muziki.

Alyn Sano yasohoye indirimbo ye nshya yise 'Ntibikunda' yakoreye muri Amerika
Alyn Sano yateguje album ye ya kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages