00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwe mu barega Diddy yemeye ko yari agiye kumutera icyuma

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 23 January 2025 saa 10:29
Yasuwe :

Ashley Parham uri mu bagore bashinja umuraperi Sean Diddy Combs ihohotera rishingiye ku gitsina, yahishuye ko ubwo yamuhohoteraga mu 2018, barwanye kugeza ubwo afashe icyuma ashaka kugitera uyu mugabo, gusa Imana ikinga ukuboko.

Ni ubuhamya yagarutseho ku byabaye hagati ye n’umuraperi Diddy umunsi yamufataga ku ngufu.

Ibi Ashley Parham yabivuze mu kiganiro yahaye News Nation. Yavuze ko Diddy yamufashe ku ngufu mu 2018 ubwo bari mu nzu ye afite mu gace ka Orinda Hills muri California.

Ati “Nyuma yo kumfata ku ngufu nari mfite uburakari ntangira kumukubitisha ukuboko kw’ibumoso musunikira ku madarage ahita agwa hasi. Yongeye guhindukira mfite icyuma mu biganza byanjye”.

“Bitewe n’uburakari nari mfite nari ngiye kumutera icyo cyuma kuko yari gupfa cyangwa njyewe ngapfa bitewe n’uko byari bimeze icyo gihe”.

Ashley Parham yavuze ko ibi byose byabaye umwe mu bakozi ba Diddy witwa Kristina Khorram ari kubireba, ndetse ashimangira ko atigeze amutabara.

Yahishuye ko kuba atarateye icyuma uyu muraperi byatewe n’uko yahise agarura ubwenge, agishyira hasi.

Uretse kuba Ashley Parham avuga ko yahohotewe na Diddy, yanavuze ko uyu mugabo ukomeye mu muziki no mu ishoramari, yamuteye ubwoba amubwira ko agize icyo avuga ku byabaye yamugirira nabi.

Yakomeje agaragaza ko ibyo Diddy ashinjwa byo gucuruza abakobwa aribyo kuko ngo yabyigambye kenshi bari kumwe.

Ubu buhamya bushobora gushyira mu kaga Diddy butanzwe mu gihe abamushinja bakomeje kwiyongera. Ni mu gihe afungiye muri gereza ya Brooklyn ku byaha akurikiranyweho byo gufata ku ngufu. Azatangira kuburana tariki 5 Mata 2025.

Umwe mu barega Diddy yemeye ko yari agiye kumutera icyuma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .