Patient wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Iyo Neza’, yabwiye IGIHE ko uyu mwana w’umukobwa yavutse kuri uyu 15 Mata 2026, akaba akurikiye umuhungu baherukaga kwibaruka ku wa 24 Mata 2024.
Ku bijyanye n’uko umubyeyi n’umwana bameze, Patient Bizimana yagize ati “Turacyari kwa muganga ariko yaba umubyeyi n’umwana bameze neza.”
Patient Bizimana na Gentille Uwera bakoze ubukwe mu Ukuboza 2021 bibaruka imfura yabo akaba umwana w’umuhungu ku wa 23 Nzeri 2022.
Ku wa 19 Ukuboza 2021, ni bwo Patient Bizimana wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yasabye anakwa umukunzi we Uwera Karamira Gentille, ku gicamunsi bahana isezerano imbere y’Imana, biyemeza kubana akaramata.
Patient Bizimana yari agaragiwe n’umuhanzi Simon Kabera [Parrain], Serge Iyamuremye, Prosper Nkomezi n’abandi bahanzi batashye ubukwe bwe barimo James [James&Daniella] n’ibindi byamamare mu ngeri zinyuranye.
Patient Bizimana n’umugore we basezeraniye imbere y’Imana mu rusengero rwa ERC Masoro, basezeranywa n’umugore wa Apotre Masasu Joshua.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!