Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Fearless yagize ati “Mwiriwe bakunzi banjye maze iminsi itatu ndi mu bitaro, ni amakuru mabi, nanjye ndababaye pe, gusa mwemere amarozi ariho ariko Imana iturinda byinshi.”
Uyu mukobwa yavuze ko atiyumvisha uko buri gihe iyo agerageje kwegura umutwe mu muziki ahita arwara akisanga mu bitaro.
Ati “Ejo bundi nagiye mu kuganiro ku Izuba TV, ngeze mu rugo ntangira kuribwa mu nda bikomeye mbona kujya kwa muganga. Kugeza ubu abaganga babuze indwara kandi nkomeje kuremba.”
Fearless yavuze ko hari abanyamasengesho baherutse kumusengera bamubwira ko yarozwe.
Uburwayi bwarembeje Fearless kuva umwaka ushize, biza kuba bibi mu ntangiriro za 2022 aho muri Werurwe baje kumubaga ibibyimba byari byamufashe.
Fearless avuga ko hamwe n’Imana ashobora gukira ndetse akitabira igitaramo cya Kigali Hip Hop Festival giteganyijwe ku wa 27 Kanama 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!