BBC yatangaje ko uyu muraperi yarashwe ubwo yari asohotse hanze y’iduka rye, ari imbere yaryo. Uyu mugabo w’imyaka 33 byatangajwe ko yapfuye ubwo yari akigera mu bitaro.
Abandi bantu babiri bakomerekeye muri iki gitero cyagabwe kuri uyu mugabo, ariko bo ku bw’amahirwe ntibapfa.
Polisi yo mu mujyi wa Los Angeles yatangaje ko nta muntu kugeza ubu urafatwa ngo akurikiranyweho iki cyaha, iti “Kugeza ubu nta muntu n’umwe turafata ukurikiranyweho iki cyaha, ariko tuzabaha amakuru niharamuka hagize ababoneka.”
Rihanna ari mu bahanzi bababajwe bikomeye n’urupfu rwa Nipsey Hussle, ndetse yavuze ko rwamushegeshe.
Yanditse kuri Twitter agira ati “Ibi ntabwo byumvikana. Roho yanjye yagejejwe n’ibi! Mana muhe kuruhukira mu mahoro kandi uhe kwihangana abamukundaga […]”
Dj Khaled we yanditse kuri Instagram avuga ko uyu mugabo yari intangarugero.
Drake nawe yanditse avuga ko yababajwe bikomeye n’urupfu rwa Nipsey Hussle, avuga ko bari banafitanye gahunda yo gukorana indirimbo mu mpeshyi.
Meek Mill nawe yanditse avuga ko akimara kumenya inkuru y’urupfu rwa Nipsey yasazwe n’agahinda, amarira agatangira gushoka.
Nipsey Hussle mbere yo gupfa yari yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko ‘kugira abanzi bafite ubukana ari umugisha’.
Nipsey Hussle asize abana babiri barimo n’uwo yabyaranye n’umukunzi we bari bari kumwe muri iki gihe witwa Lauren London.



















TANGA IGITEKEREZO