00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuraperi ukomeye muri Amerika yishwe arashwe

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 1 April 2019 saa 09:52
Yasuwe :

Umuraperi Ermias Davidson Asghedom, wari uzwi mu muziki nka Nipsey Hussle ukomoka i Los Angeles, yarasiwe imbere y’iduka rye n’abantu batigeze bamenyekana, arapfa.

BBC yatangaje ko uyu muraperi yarashwe ubwo yari asohotse hanze y’iduka rye, ari imbere yaryo. Uyu mugabo w’imyaka 33 byatangajwe ko yapfuye ubwo yari akigera mu bitaro.

Abandi bantu babiri bakomerekeye muri iki gitero cyagabwe kuri uyu mugabo, ariko bo ku bw’amahirwe ntibapfa.

Polisi yo mu mujyi wa Los Angeles yatangaje ko nta muntu kugeza ubu urafatwa ngo akurikiranyweho iki cyaha, iti “Kugeza ubu nta muntu n’umwe turafata ukurikiranyweho iki cyaha, ariko tuzabaha amakuru niharamuka hagize ababoneka.”

Rihanna ari mu bahanzi bababajwe bikomeye n’urupfu rwa Nipsey Hussle, ndetse yavuze ko rwamushegeshe.

Yanditse kuri Twitter agira ati “Ibi ntabwo byumvikana. Roho yanjye yagejejwe n’ibi! Mana muhe kuruhukira mu mahoro kandi uhe kwihangana abamukundaga […]”

Dj Khaled we yanditse kuri Instagram avuga ko uyu mugabo yari intangarugero.

Drake nawe yanditse avuga ko yababajwe bikomeye n’urupfu rwa Nipsey Hussle, avuga ko bari banafitanye gahunda yo gukorana indirimbo mu mpeshyi.

Meek Mill nawe yanditse avuga ko akimara kumenya inkuru y’urupfu rwa Nipsey yasazwe n’agahinda, amarira agatangira gushoka.

Nipsey Hussle mbere yo gupfa yari yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko ‘kugira abanzi bafite ubukana ari umugisha’.

Nipsey Hussle asize abana babiri barimo n’uwo yabyaranye n’umukunzi we bari bari kumwe muri iki gihe witwa Lauren London.

Nipsey Hussle yari inshuti magara ya Dj Khaled
Nipsey yakoranye n'abaraperi bakomeye muri Amerika barimo na Jay Z
Umuraperi Nipsey Hussle wishwe arashwe
Yari inshuti magara ya Rick Ross ndetse yanditse avuga ko yashenguwe n'urupfu rw'uyu mugabo
Nipsey na Lauren London wari umukunzi we banafitanye umwana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages