Umubano w’aba bombi watangiye kugarukwaho cyane mu bitagazamakuru bitandukanye nyuma yo gusohokana mu kabyiniro ko mu Mujyi wa Los Angelas.
Ibi na none bivuzwe nyuma yaho ku wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023, bafashwe amashusho basohokanye muri restaurant yo mu Mujyi wa Beverly Hills, bari kumwe na Justin Bieber n’umugore we Hailey Bieber.
Bad Bunny na Kendall Jenner ntibaremeza iby’umubano wabo bakomeje guhisha dore ko naho bari basohokanye muri Beverly Hills batashye banyuze mu miryango itandukanye.
Abakunzi b’uyu muraperi ukomoka muri Puerto Rico bagaragaje ko batishimiye uyu mubano afitanye na Kendall Jenner, wavuzwe mu rukundo n’abasore batandukanye b’ibyamamare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Kendall Jenner w’imyaka 27, ni Umunyamideli uri mu bahenze cyane bakoreshwa n’inzu z’imideli zikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo Dior, Channel, Versace n’izindi.
Yavuzwe mu rukundo n’abasore batandukanye barimo Benjamin David Simmons ukinira ikipe ya Brooklyn ya Basketball, Harry Styles, ASAP Rocky n’abandi.
Bad Bunny ni umuraperi w’imyaka 28, akaba n’umwe mu bakunzwe n’abatari bake muri iki gihe binyuze mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘I like it’ yakoranye na Cardi B, ‘Mia’ yakoranye na Drake n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!