00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Doctall Kingslay yatanze ibyishimo ku bitabiriye ‘Iwacu Summer Comedy Festival’ (Amafoto)

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 10 June 2024 saa 10:56
Yasuwe :

Umunyarwenya wo muri Nigeria, Doctall Kingslay, usigaye yiyita Ntakirutimana yataramiye abakunda urwenya bari bateraniye i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha ‘Expo Ground’.

Ni igitaramo cyabaye mu ijoro ryo ku itariki 9 Kanama 2024, giha amahirwe abataragira amazina mu mwuga wo gusetsa biyereka abafana mbere y’uko abanyarwenya bubatse izina bahabwa umwanya.

Ubwo yari ahamagawe ku rubyiniro, Doctall Kingslay yinjiranye igikapu gisa n’imyenda yari yambaye. Abari bateraniye mu cyumba cyabereyemo igitaramo bikojeje mu bicu bamwereka urukundo rudasanzwe.

Doctall Kingslay usanzwe uzwiho gushishikariza abanyamahanga gukunda u Rwanda, yateye urwenya rwinshi rwibanda kuri Perezida Paul Kagame, amugaragaza nk’umuntu udasanzwe.

Ati “Mufate telefoni zanyu mbereke, murebe ku rubuga rwa Instagram ya Perezida Kagame, murabona ko haherukaho abashyitsi yakiriye mu Biro bye! Ahora ashakira ibyiza Abanyarwanda naho twe iwacu twirirwa turwana n’ibyihebe, ubushomeri bwayogoje urubyiruko, umutekano ntawo. Ni ukuri muri abanyamahirwe!”

Iki gitaramo cyasozaga ‘Iserukiramo rya Iwacu Summer Comedy Festival’ cyitabiriwe n’abanyarwenya barimo Joshua, Prince, Umushumba, Seth Seka, Fred Rufendeke, Rusine Patrick, Joseph n’abandi benshi.

Ni mu gihe cyari kiyobowe na Anita Pendo wafatanyaga na MC Nario.

Iki gitaramo kandi cyatewe inkunga na Jespo2ltd izana ikanacuruza inzoga z’umwimerere zitwa Flo, ziri mu moko 3: Red Flo, Yellow Flo na Flo58.

Mu minsi ishize karisimbi Events yahaye igihembo imwe muri izi nzoga Red Flo nk’inzoga y’umwerere (Organic Beer of the Year - Red Flo).

Mu masaha ya kare abantu bari benshi ku muryango bashaka kugera ahabera igitaramo imyanya itarashira
Buri wese yinjiraga ari uko itike ye ibanze kugenzurwa
Ibitaramo by'urwenya byitabirwa n'abingeri zose
Abanyarwenya bakizamuka bahawe umwanya muri iki gitaramo
Fred Rufendeke ni umwe mu basusurukije abitabiriye ‘Iwacu Summer Comedy Festival’
Ni igitaramo cyitabiriwe n'abatari bake
Samu Zuby uherutse gutanga kandidatire yo kuba umu depite yari mu bitabiriye iki gitaramo
Anita Pendo na MC Nario nibo bayoboye iki gitaramo
Joshua ni umwe mu banyarwenya bigaragaje muri iki gitaramo
Alliah Cool na Tidjara Kabendera bari mu bitabiriye iki gitaramo
Umunyarwenya Rusine yongeye gushimangira ko ari mu bakunzwe cyane
Prince umaze kubaka izina mu gutera urwenya ni umwe mu basusurukije abitabiriye iki gitaramo
Doctall Kingslay yahingutse ku rubyiniro afite igikapu akunze guserukana
Doctall Kingslay yishimiwe bikomeye mu gitaramo ‘Iwacu Summer Comedy Festival’

>

Umunyarwenya Doctall Kingslay yamamaye kuri iyi myenda ahita ayigira iy'akazi
Doctall Kingslay yageze aho yikura ikote kugira ngo asetse abantu nta nkomyi
Doctall Kingslay yanyuzagamo agatera urwenya agaragaza uburyo akunda u Rwanda na Perezida Kagame

Amafoto: Moses Kwizera


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .