Doctall Kingslay mu mashusho yafashe atebya yagize ati “Nshuti Banyarwanda, ntabwo ndi umunyapolitiki ariko reka mbabwire muzatore uzabagirira akamaro. Nk’Umunyarwanda wese, muzatore umuyobozi uzagirira akamaro ibiragano biri imbere.”
Doctall Kingslay yafashe ayo mashusho yambaye ingofero iriho ‘PK’ impine y’amazina ya Paul Kagame.
Uretse ingofero, yari anambaye ishati iriho ibirango by’Umuryango FPR Inkotanyi mu kwerekana ko na we ashyigikiye uyu muryango wanatanze Perezida Kagame nk’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Uyu munyarwenya ntasiba gutebya yerekana uburyo u Rwanda rwateye imbere, agashima ubuyobozi burangajwe imbere na Perezida Kagame.
Ibi byatumye IGIHE yifuza kumenya imvano y’urukundo akomeje kwereka u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga, maze mu kiganiro cyihariye duherutse kugirana ahamya ko arukomora kuri Perezida Kagame.
Yagize ati “Mvugishije ukuri, ntabwo ari impanuka cyangwa amahirwe kuba nisangamo u Rwanda, nahoze ndi umufana kandi nkanakunda cyane Paul Kagame n’amahame ye. Uramutse urebye nka konti ye ya Instagram n’ibiba bikubiye ahatangirwa ibitekerezo, wahasanga ibyanjye mu myaka ya za 2020. Imiyoborere ye n’ishyaka ryo guteza imbere u Rwanda, bigaragaza ubwigenge nyakuri kandi bigatanga n’umukoro ku bindi bihugu bya Afurika.”
Doctall Kingsley ahamya ko nubwo ataba muri politike cyane ariko afata Perezida Kagame nk’umuyobozi w’icyitegererezo muri Afurika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!