00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwenya Blameitonkway amaze iminsi mu Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 31 August 2021 saa 07:12
Yasuwe :

Umunyarwenya Kwaylon Rogers uzwi ku mazina ya Blameitonkway umaze kubaka izina ku Isi amaze iminsi mu Rwanda, aho ari gusura ingagi zo mu Birunga no gukora amashusho yo gushimisha abakunzi be.

Blameitonkway w’imyaka 30 uri mu bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube na Instagram, yamenyekanye cyane ubwo yiganaga umunyamideli Tyra Banks mu kiganiro ‘America’s Next Top Model’.

Kuva icyo gihe andi mashusho yose yagiye akora yarakunzwe cyane, kugeza ubwo mu minsi ishize yatangije umukino yise TiTi uri mu ikunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Ni umusore uba ugaragara mu isura y’umukobwa mubi, akagorwa no kwakirwa mu muryango, mu nshuti ze, yewe no kubona umusore bakundana bikamubera ihurizo.

Umuntu uri hafi na Blameitonkway yabwiye IGIHE ko uyu munyarwenya amaze iminsi itatu mu Rwanda aho ari gukorera mu rugendo rwe bwite.

Ati “Yaje gutembera, agasura ingagi ariko ari no gukora amashusho y’imikino ye. Rwari urugendo rw’iminsi ine yatangiye ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021.”

Blameitonkway udakunze gushyira ubuzima bwe hanze, yavukiye i Dallas muri Texas, yatangiye kumenyekana cyane ku mbuga nkoranyambaga akiri umunyeshuri kubera amashusho yakunze gusangiza abamukurikira.

Blameitonkway ari mu Rwanda

Umunyarwenya Kwaylon Rogers uzwi ku mazina ya Blameitonkway ari mu bakunzwe cyane muri Amerika
Yigaruriye imitima y'abakoresha imbuga nkoranyambaga nka YouTube na Instagram. Yamenyekanye cyane ubwo yiganaga umunyamideri Tyra Banks [BanX]
Blameitonkway amaze iminsi mu Rwanda aho ari gufatira amashusho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .