00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwandakazi Afrellie agiye guhurira na Latto, Sexy Red, Tems na Ayra Starr mu gitaramo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 July 2026 saa 03:46
Yasuwe :

Umunyarwandakazi uri kubaka izina mu kuvanga imiziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Eliora Benerugaba uzwi nka Afrellie, ategerejwe mu bitaramo ‘Afro Plus Fest’ bizabera i Washington D.C.

Ibi bitaramo bizaba kuva ku wa 4-6 Nzeri 2026, byitezwe ko bizitabirwa n’ibyamamare binyuranye byiganjemo ibyo muri Afurika.

Byitezwe ko abahanzi nka Davido, Adekunle Gold, Tiwa Savage, Flavour, Ruger, Tay C, Victony, Lil Baby uzaba yatumiwe nk’umuhanzi w’umunsi, bazaba basusurutsa abakunzi b’ibi bitaramo ku munsi wa mbere.

Afrollie azatarama ku munsi wa kabiri, hamwe na Tems, Ayra Starr, Gabyz, Bien na Sarkodie. Ni bwo Sex Red na Latto batumiwe nk’abahanzi b’umunsi na bo bazatarama.

Umunsi wa gatatu w’ibi bitaramo ari na wo wa nyuma, uzaba uyobowe n’abarimo Wizkid, Olamide n’abandi banyuranye barimo Chief Keef watumiwe nk’umuhanzi mukuru.

Afrellie na Bien ni bo banyamuziki bonyine bo muri Afurika y’Iburasirazuba batumiwe muri ibi bitaramo, ibishimangira imbaraga uyu mukobwa akomeje gutera imbere.

Uyu Munyarwandakazi yibukwa cyane mu birori bya ‘Rwanda Convention USA’ byabereye muri Amerika muri Nyakanga 2025 kubera ubuhanga budasanzwe yagaragaje mu kubyina.

Ni umukobwa ufite impano yo kuvanga imiziki ariko anabyinira abakunzi b’umuziki bigakundwa n’abatari bake.

Mu Ugushyingo 2025 yiyambajwe mu gitaramo cyari cyatumiwemo Joé Dwèt Filé bataramanye mu Mujyi wa Boston.

Ni we ugaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Nyanja’ ya Kevin Kade.

Afrellie agiye guhurira mu bitaramo n’abarimo Latto, Sexy Red, Tems na Ayra Starr
Afrellie agiye guhurira muri ‘Afro Plus Fest’ n’ibyamamare mu muziki w'Isi
Afrellie ni Umunyarwandakazi uvanga imiziki, akabijyanisha no kubyina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages