Nk’uko bigaragara ku butumire bageneye abavandimwe n’inshuti bazasezeranira imbere y’amategeko mu Rwanda ku wa 3 Ukwakira 2026, bakorere ubukwe i Nairobi ku wa 26 Ukuboza 2026.
Mu minsi ishize ni bwo Mr. Lus yemereye IGIHE ko afite umukunzi ndetse bitegura kurushinga. Icyo gihe yavuze ko umwaka wa 2026 utazasiga ari ingaragu.
Uyu musore ahamya ko yakundaniye n’uyu mukobwa uba muri Kenya ku ikoranabuhanga.
Mr. Lus uretse kumurika imideli asanzwe anakora muri ‘Atelier du Vin’ aho akora nk’umusore utunganya ‘Cocktail’ (umuntu ukora aka kazi ni we witwa mixologist).
Uretse kumurika imideli, Mr. Lus yanamenyekanye muri APR FC nk’umwe mu bakinnyi banyuze mu ikipe y’abato bayo. Ni umuvandimwe w’abanyuze muri iyi kipe nka Sekamana Leandre na Sekamana Maxime.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!