Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, ubwo yabazwaga iby’ubu bunebwe ashinjwa n’abakunda umuziki we.
Ati "Biterwa n’imboni umuntu areberamo ibintu. Ubu mfite inshingano nyinshi ngomba kwitaho. Umuziki ushobora kuba uri mu bintu bibiri cyangwa bitatu bya mbere mpa umwanya, ariko ukuri ni uko nkunda umuziki cyane. Abafana ba The Ben ndabasezeranya ko ibintu bigiye guhinduka kandi ngiye kubaha ibyo bakwiriye."
The Ben yahise ahakana ko ari umunebwe, avuga ko abantu bakoranye na we ari bo babihamya.
Ati "Umuntu wakubwira ko ntari umunebwe ni Jimmy Muyumbu twakoranye ubucuruzi. Azi ukuntu nshobora gukora cyane nkiri gushaka amafaranga. Undi ni Lick Lick, kuko igihe twatangiraga gukorana twasohoraga indirimbo nyinshi mu gihe gito gishoboka."
Uyu muhanzi yavuze ko uko imyaka ishira n’uburambe bwiyongera, umuhanzi atangira guhitamo gusohora indirimbo zifite igihe cyazo n’agaciro kazifasha kuramba, aho kwirukira ubwinshi.
Yagize ati "Hari igihe kigera ugatangira gusohora indirimbo ikwiriye aho gusohora iyo ufite yose. Icy’ingenzi kiba ari ugutanga igihangano cyiza kurusha gusohora byinshi."
The Ben ni umwe mu bahanzi bafatwa nk’inkingi ya mwikorezi mu muziki w’u Rwanda. Akunze kuvuga ko yagiriwe umugisha wo kumara imyaka myinshi ari umwe mu bahanzi bafite igikundiro n’abafana benshi mu gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!