Ni inkuru Papa Cyangwe aherutse kwemerera IGIHE, ahamya ko ubwo yavaga iwabo byaturutse ku nkuru zagiye zimuvugwaho ko yaba yarateye inda bityo umubyeyi we akaza kumwirukana.
Ati “Hari umunyamakuru witwa Fatakumavuta, yari azi umukobwa twakundanaga ndetse akunda kutubonana, rimwe rero yatangaje ko naba naramuteye inda ndetse afite n’ibimenyetso, umubyeyi wanjye ayibonye afata icyemezo cyo kunyirukana mu rugo.”
Papa Cyangwe avuga ko icyo gihe umubyeyi we yamubwiye ko atabasha kubana n’abagabo babiri mu rugo bityo amubwira ko niba yakuze byo gutera inda yazinga ibikapu akagenda.
Ati “Ndabyibuka icyo gihe nari umuhanzi unafite udufaranga, nahise njya kwibana ariko nkodesha ‘Apartment’, uko iminsi yagiye yisunika ni ko nabonye ko ntabivamo ntangira gushaka uko nakodesha inzu isanzwe.”
Papa Cyangwe ahamya ko ari icyemezo cyamutunguye kandi cyari gishaririye ariko na none cyatumye akura aba umugabo mu mutwe.
Uretse umubyeyi we wamwirukanye mu rugo, Papa Cyangwe yavuze ko izi nkuru zagize n’ingaruka ku mukunzi we kuko iwabo babifashe nabi bituma bamubuza gukomeza gukundana n’uyu muraperi.
Aho yasohokanaga n’umukunzi we yahakuye umugore babyaranye imfura
Papa Cyangwe wagaragaraga nk’ubuze byose, ni ukuvuga iwabo ndetse n’umukunzi we yemeza ko icyo gihe yaciye mu bihe bitari bimworoheye, icyakora akaba ari na ho yahuriye n’umukunzi we banaherutse kubyarana imfura yabo.
Uyu muraperi yaje gutangira kujya asohokera aho yari asanzwe asohokana n’umukunzi we, birangira uwabakiraga bubatse ubushuti bwavuyemo kubaka umuryango.
Ati “Hari ahantu umukunzi wanjye yari asanzwe asohokera anahakunda, twajyanagayo kenshi. Nyuma rero y’uko dutandukanye nakomeje kuhasohokera wa wundi akajya akomeza kunyakira anambaza aho undi musize. Nyuma rero naje kumubwiza ukuri ko twatandukanye, ibiganiro bihera aho kugeza dutangiye urugendo rw’urukundo ndetse kuri ubu Imana yaduhaye umugisha w’imfura yacu.”
Ibi Papa Cyangwe yabitangaje mu gihe akomeje imyiteguro y’igitaramo cyo kwizihiza imyaka itanu amaze mu muziki kigomba kubera muri Kigali Universe ku wa 22 Ugushyingo 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!