Ibi uyu mukobwa yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na ‘Galaxy FM’ radiyo y’iwabo muri Uganda ubwo yari abajijwe umusore yihebeye.
Yagize ati “Umuntu w’icyamamare nkunda ni Element EleéeH wo mu Rwanda, njye nahuye na we ni umuntu utuje cyane, ukora ibintu bye ku murongo, mbega nta magambo menshi.”
Ibi uyu mukobwa yabonye kuri Element ni bimwe mu byo yemeza ko bimukurura ku musore bakundana mu buzima busanzwe.
Tracy Melon ni umwe mu bahanzikazi bagezweho muri Uganda.
Uyu mukobwa yamenyekanye cyane mu 2021 ubwo yari yitabiriye irushanwa rya ‘Pearl of Africa Star Search’ yabayemo uwa kabiri.
Element EleéeH ni umu-Producer akaba n’umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda.
Afite indirimbo zirimo Tombé, Milele, Fou de toi na Kashe zose zigaruriye imitima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!