00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukekwaho kuba umucurabwenge w’igitero cyahitanye Tupac Shakur, agiye kuburanishwa

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 7 August 2026 saa 06:47
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka isaga 30 umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya rap, Tupac Shakur, yishwe, urubanza rwa Duane “Keffe D” Davis ushinjwa kuba umucurabwenge mu mugambi w’iyicwa ry’uyu muhanzi rugiye gutangira mu cyumweru gitaha.

Imodoka uyu muhanzi yarimo yarasiwe i Las Vegas mu 1996, mu gitero cyamuhitanye. Cyabaye kimwe mu mayobera akomeye atarakemuka mu mateka y’umuziki.

Icyakora, Duane “Keffe D” Davis yatawe muri yombi muri Nzeri 2023, akekwaho kuba ari we wateguye icyo gitero agiye kubiryozwa.

Ku wa 10 Kanama hazatangira gutoranywa abacamanza bazagira uruhare muri uru rubanza ruzabera mu rukiko rwa Las Vegas.

Nyuma yo gutoranywa kw’abagize akanama k’abacamanza, biteganyijwe ko urubanza ruzamara nibura ibyumweru bine. Davis, ufite imyaka 63, naramuka ahamwe n’icyaha ashobora kuzakatirwa gufungwa burundu.

Tupac Amaru Shakur wamamaye nka 2Pac, yarashwe urufaya rw’amasasu avuye kureba umukino w’iteramakofe wari wahuje Bruce Seldon na Mike Tyson, ku wa 7 Nzeri 1996.

Uyu mugabo yahise ajyanwa igitaraganya kwa muganga ariko ku wa 13 Nzeri 1996 ubuzima buza kwanga, kugeza aho byaje gutangazwa ko yitabye Imana azize ibikomere yatewe n’amasasu byatumye aviramo imbere. Yarasiwe mu Mujyi wa Las Vegas ari naho yaguye.

Mu bihe bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga n’iz’amakuru zikomeye ku Isi, hagaragajwe amafoto y’uyu muraperi aherekejwe n’amagambo yakundaga kuvuga amugaragaza nk’umuntu waranzwe n’ibitekerezo bigusha ku mpinduramatwara. Yapfuye afite imyaka 25 yonyine.

Tupac Shakur yishwe arashwe ku myaka 25

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages