00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umunyarwandakazi Lynda Ddane yasubije abanenze imyambarire ye

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 6 April 2026 saa 03:46
Yasuwe :

Umunyamakuru ubifatanya no kuyobora ibirori no kuvanga imiziki (DJ), Uwamahoro Lynda, wamamaye nka Lynda Ddane, yahaye gasopo abakoresheje imbuga nkoranyambaga bakamuvuga nabi kubera imyenda yambaye igaragaza imiterere y’umubiri we.

Amashusho ya Lynda Ddane akomeje kugarukwaho ni ayafashwe ubwo yari yitabiriye igitaramo cya ‘Etania’s Becoming Life Of The Party’ cyabereye kuri ‘Lugogo Hockey Grounds’ i Kampala muri Uganda, mu mpera z’icyumweru.

Uyu mukobwa yari yambaye umupira uzwi nka “crop top” ugaragaza igice kinini cyo ku nda.

Yari yambaye n’ikabutura ngufi igaragaza imiterere y’amatako.

Iyi myambarire ye yavuzweho cyane, bamwe bavuga ko ari imyambarire idakwiriye abandi bakibaza ku mubiri we n’ibindi bigaruka ku buryo yabyibushye cyane.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Lynda Ddane, yavuze ko adashobora kubaho uko abandi babishaka.

Ati “Si bose bazabyumva, ariko nakomeza guhitamo imyitwarire kurenza imigaragarire y’inyuma”.

Mugenzi we witwa DJ Viana Indi yavuze ko abantu bakwiye kureka umuco wo gukwena abantu ku buryo bagaragaramo inyuma, bambara cyangwa babaho.

Lynda Ddane si ubwa mbere agarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera imiterere y’umubiri we.

Muri Gashyantare ya 2026 yavuze ukuntu yababajwe n’abamusebyaga bavuga ko yatakaje ibilo mu 2024 icyo gihe binavugwa ko yaba yaranduye virusi itera SIDA gusa we abyamaganira kure.

Iyi myambarire ya Lynda Ddane ikomeje kurikoroza muri Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages