Iki gitaramo cyitabiriwe n’abanyarwenya banyuranye cyanitabiriwe bikomeye n’abakunzi b’urwenya bari bitabiriye ari benshi.
Mu banyarwenya basusurukije abakunzi harimo Rusine, Rumi, Kaduhire Kadudu, Umushumba, Pirate, Muhinde n’abandi banyuranye batanze ibyishimo ku batari bake bari bitabiriye iki gitaramo.
Uretse iki gitaramo byatangiye ku wa 24 Ukuboza 2025 byitezwe ko bizarangira tariki 2 Mutarama 2026, byatangijwe n’ijoro ryo kwerekana filime ‘The bridge of Christmas’.
Nyuma y’iri joro hateguwe umugoroba w’umuryango na wo wabereye muri uyu mwanya wahariwe ibijyanye no gukora ibitaramo, berekaniramo imikino y’igikombe cya Afurika mbere y’uko ijoro rya Gen-Z Comedy rigera ku wa 27 Ukuboza 2025.
Si ibi bitaramo gusa byabaye, kuko ku wa 28 Ukuboza 2025 hateganyijwe ijoro ry’Igisope, n’ibindi binyuranye bizageza ku wa 31 Ukuboza 2025 ahateganyijwe igitaramo ‘The last night’ cya Kevin Kade.
Iki gitaramo cya Kevin Kade azaba akizihirizamo imyaka itanu amaze mu muziki, kikazanitabirwa n’abarimo Ali Kiba, Riderman, Bull Dogg, Bushali, Ruti Joel, Angell Mutoni n’abandi banyuranye.
Amafoto: Kwizera Herve
Amafoto: Shema Innocent



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!