00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubwitabire bwari hejuru mu gitaramo ‘Gen-Z Comedy’ cyabereye muri ‘Rond point’ ya KCC (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 December 2025 saa 12:59
Yasuwe :

Mu mujyo w’ibitaramo by’uruhererekane byateguwe n’Umujyi wa Kigali, mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2025 muri ‘Rond point’ ya ‘Kigali Convention Center’ habereye igitaramo cy’urwenya ‘Gen-Z Comedy’.

Iki gitaramo cyitabiriwe n’abanyarwenya banyuranye cyanitabiriwe bikomeye n’abakunzi b’urwenya bari bitabiriye ari benshi.

Mu banyarwenya basusurukije abakunzi harimo Rusine, Rumi, Kaduhire Kadudu, Umushumba, Pirate, Muhinde n’abandi banyuranye batanze ibyishimo ku batari bake bari bitabiriye iki gitaramo.

Uretse iki gitaramo byatangiye ku wa 24 Ukuboza 2025 byitezwe ko bizarangira tariki 2 Mutarama 2026, byatangijwe n’ijoro ryo kwerekana filime ‘The bridge of Christmas’.

Nyuma y’iri joro hateguwe umugoroba w’umuryango na wo wabereye muri uyu mwanya wahariwe ibijyanye no gukora ibitaramo, berekaniramo imikino y’igikombe cya Afurika mbere y’uko ijoro rya Gen-Z Comedy rigera ku wa 27 Ukuboza 2025.

Si ibi bitaramo gusa byabaye, kuko ku wa 28 Ukuboza 2025 hateganyijwe ijoro ry’Igisope, n’ibindi binyuranye bizageza ku wa 31 Ukuboza 2025 ahateganyijwe igitaramo ‘The last night’ cya Kevin Kade.

Iki gitaramo cya Kevin Kade azaba akizihirizamo imyaka itanu amaze mu muziki, kikazanitabirwa n’abarimo Ali Kiba, Riderman, Bull Dogg, Bushali, Ruti Joel, Angell Mutoni n’abandi banyuranye.

Ab'inkwakuzi bitabiriye iki gitaramo bahageze kare
Ibitaramo by'urwenya biri mu bikunzwe mu Rwanda
Uko amasaha yigiraga imbere niko ubwitabire bwazamukaga
Byagiye gutangira ubona ko abantu bari kwitabira ku bwinshi
Kaduhire Kadudu ni umwe mu bakobwa bamaze igihe basetsa muri Gen-Z Comedy
Umunyarwenya Rumi ari mu bafite abakunzi benshi muri Gen-Z Comedy
Muhinde amaze kuzamura izina rye mu bijyanye no gutera urwenya
Aha Muhinde yari yifashishije umukinnyi wa filime Sonia Mutako nk'urugero mu rwenya rwe
Muhinde n'abarimo Franco Kabano udakunze gusiba ibitaramo bya Gen-Z Comedy
Ubwitabire bwari hejuru muri iki gitaramo
Iki gitaramo cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru
Kubera kwikanga imvura, hubatswe amahema yakingira abitabira ibi bitaramo
Fally Merci yageze hagati yakira ku rubyiniro Emma Claudine, Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali
Inkirigito Clement ni umwe mu banyarwenya biyambajwe muri iki gitaramo
Inkirigito Clement imbere y'abakunzi ba Gen Z Comedy bari bitabiriye ari benshi
Pirate umaze kwigarurira abakunzi ba Gen-Z Comedy yongeye kwitwara neza muri iki gitaramo
Pirate yujuje imyaka ibiri akora mu bitaramo bya Gen-Z Comedy
Rusine we yahisemo kwitabira iki gitaramo yambaye nk'Intore
Mu rwenya rwe, Rusine yanyuzagamo agahamiriza
Rusine yageze aho azamukana umwana we ku rubyiniro
Umushumba ni umwe mu banyarwenya bakunzwe cyane muri Gen-Z Comedy
Umushumba yanyuzagamo akanyura mu bafana

Amafoto: Kwizera Herve

Amafoto: Shema Innocent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages