Trump yabigarutseho ubwo yabwiraga Nicki Minaj abari bitabiriye ibirori byo gusangira byabereye muri White House ku wa 6 Nyakanga 2026. Mu gihe yashimagizaga impano ya Nicki Minaj n’uburyo yamushyigikiye ku mugaragaro, Trump yongeyeho amagambo amwerekeyeho ku giti cye avuga ko “ashimishije cyane”.
Ati “Turi kumwe kandi n’umugore wubahwa kandi w’uburanga buhebuje. Ni inshuti ikomeye, umuntu w’agatangaza, umugore wubahwa na buri wese kandi ufite impano nyayo; turi kumwe na Nicki Minaj.”
Aya magambo yahise akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bagize icyo bayavugaho. Nicki Minaj na we yasangije amafoto y’uwo muhango ku rubuga rwa X, agaragaza ko yakiriye neza amagambo ya Trump.
Ati “Wow! #WhiteHouseBarbie ndi kumwe na Perezida nkunda kurusha abandi bose.”
Si ubwa mbere Nicki Minaj agaragaye ari kumwe na Trump. Mu mezi make ashize, uyu muraperi yari yitabiriye inama ya Trump Accounts Summit yabereye i Washington, aho yavuze ko ashobora kuba ari we muntu wa mbere ukunda Trump, ndetse anavuga ko atitaye ku bamunenga.
Nicki Minaj ni umwe mu bahanzi b’abagore bakomeye mu njyana ya rap, akaba azwi ku rwego mpuzamahanga kubera indirimbo ze zakunzwe cyane n’uruhare yagize mu guteza imbere umuziki wa hip-hop.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!