Ibi Chriss Eazy yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo we na Utah Nice bari mu kumenyekanisha indirimbo yabo nshya bise ‘My mind’.
Ati “Nari nzi ko ari njye muhanzi njyenyine wikorera ‘editing’ y’amashusho y’indirimbo mu Rwanda, ariko na we nasanze abyikorera, na byo ni ikindi kintu cyanshimishije.”
Nubwo afashwa n’abavandimwe be Isimbi Nailla ndetse na Cedric Dric basanzwe bazwiho ubuhanga mu gufata no gutunganya amashusho y’indirimbo, Utah Nice na we yemeza ko afite ubumenyi mu kuyatunganya.
Ku rundi ruhande, Utah Nice uri mu bakobwa bari kuzamuka neza mu muziki w’u Rwanda muri iyi minsi, yemeje ko zari inzozi ze gukorana indirimbo na Chriss Eazy bahuriye mu yitwa ‘My mind’.
Utah Nice watangiye umuziki mu 2023 nyuma yo kurangiza amasomo mu ishuri rya muzika ry’u Rwanda, yavuze ko yakundaga indirimbo za Chriss Eazy nka Faster n’Amashu.
Ati “Zari inzozi zanjye, natangiye kuririmba ari umuhanzi nkunda uretse kuba ari umuhanzi wubatse izina ariko ibyo akora arabizi. Ndashima ko nyuma na nyuma byabaye!”
Utah Nice yemeza ko ubusanzwe yabonaga Chriss Eazy ari umusore utuje cyane ariko mu gihe bamaranye ngo yaje gusanga ari akunda gusetsa cyane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!