00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twasengeye ko badutiza amatwi, si amafaranga - Zeo Trap wujuje imyaka itanu mu muziki (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 August 2026 saa 07:59
Yasuwe :

Imyaka ibaye itanu Zeo Trap atangiye urugendo rwo gukora umuziki ku giti cye, nyuma yo gusohora indirimbo ye ya mbere yise ‘Akaradiyo’. Uyu muraperi ashimangira ko nubwo uru rugendo rutoroshye, atajya atekereza kuruvamo kuko ubwo yatangiraga umuziki atigeze ashyira imbere ibyo kuwukuramo amafaranga.

Zeo Trap, uhamya ko ataratangira gukirigita ku ifaranga riva mu bitaramo bikomeye mu Rwanda, avuga ko biri mu byamugoye muri uru rugendo rw’imyaka itanu cyane ko gukora umuziki bihenze mu gihe uburyo bwo kuwubyaza amafaranga bukiri buke.

Ati “Urumva mu 2021 ni bwo natangiye kuririmba ku giti cyanjye, kuko mbere nabanje gukorera mu itsinda nubwo ntatinzemo. Navuga ko ingorane duhura na zo ari uko umuziki w’ubu uhenze, kandi ugasanga abaraperi badakunze guhabwa akazi.”

Ku rundi ruhande, Zeo Trap avuga ko nubwo abaraperi badakunze guhabwa akazi, binagoye ko amahirwe ahari yagera kuri buri wese, cyane ko umubare w’abahanzi ukomeje kwiyongera.

Ati “Ni byo, ntabwo akazi gahari kadukwira twese, ariko ikintu twasengeraga ni uko abantu badutiza amatwi. Njye nza mu muziki sinigeze ntekereza ikintu cyitwa ibiceri. N’ubu iyo bitakunda, ikintu nshimira Imana ni uko ntarabura uko nsohora imishinga.”

Uyu muraperi uri mu bagezweho muri iyi minsi yavuze ko nubwo atarabona amafaranga ahagije mu bitaramo, agerageza gukora cyane kugira ngo arebe uko yakwinjiza binyuze mu gucuruza umuziki we, bityo abone ubushobozi bwo gukomeza gukora no gushyira hanze imishinga mishya.

Zeo Trap yamaze gushyira hanze indirimbo ye nshya yakoranye na Bull Dogg yise ’Squad ya 1’.

Zeo Trap yujuje imyaka itanu mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages