Uyu Munyarwanda yabitangarije mu gace k’ikiganiro kashyizwe ku mbuga nkoranyambaga z’ikinyamakuru CNN kagaragaza ikiganiro bagiranye. Tuma Basa yahishuye uburyo agiye gukoramo sinema ku giti cye muri sosiyete yise ‘Tuma Basa’.
Abajijwe ibyo agiyemo nyuma gusezera kuri YouTube, yagize ati “Nitangaje nk’umuyobozi w’ubuhanzi wa Tuma Basa. Nintabikora ubu, nazabikora ryari? Nimvuga ko ndi umuyobozi wa Tuma Basa, igihe cyose nzaba mbikoraho. Cyaba igitabo, filime mbarankuru, iz’uruhererekane, filime ngufi, cyangwa ikindi gicukumbuye kandi cyo guhangwa amaso”.
Yakomeje avuga ko ashaka kubaka iyi sosiyete igakomera ndetse ikanagira igitinyiro n’icyubahiro nk’izindi zamamaye zirimo iza Ralph Lauren na Luis Vuitton zikora zikanatunganya imyambaro n’ibindi bijyana na yo.
Tuma Basa yasezeye kuri YouTube nyuma yo kuyikorera imyaka umunani. Yari ashinzwe guteza imbere umuziki n’umuco by’abirabura. Mbere yari yarakoreye izindi sosiyete z’imyidagaduro nka BET, MTV na REVOLT.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!