00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Travis Scott yajyanywe mu nkiko

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 20 February 2025 saa 08:34
Yasuwe :

Umuraperi Jacques Webster II uzwi nka Travis Scott yajyanwe mu nkiko n’umugabo umushinja we n’itsinda rimucungira umutekano kumukubita no kumukomeretsa.

Uyu mugabo ushinja uyu muraperi ni uwitwa Omar Muhanna, uvuga ko urugomo yakorewe rwamuviriyemo ubumuga bwa burundu.

Yabwiye urukiko ko ibi byabaye tariki 17 Kanama 2024 i Manhattan mu mujyi wa New York.

Yakomeje avuga ko yari hanze y’aho uyu muraperi yari yakoreye igitaramo, ubwo umwe mu barinzi ba Travis Scott yamusagariraga.

Ikindi Omar uri kurega ashingiraho ni uko ngo Travis Scott yakabaye yarashatse undi muntu umucungira umutekano utari umurinzi w’umunyarugomo.

Ntabwo ari ubwa mbere Travis Scott ajyanywe mu nkiko kuko kuva 2021 akurikiranyweho uburangare bwatumye abantu barenga 10 bapfira mu bitaramo bye bya Astroworld Festival mu mujyi wa Houston muri Leta ya Texas.

Travis Scott ni umwe mu baraperi bahagaze neza mu muziki wo muri Amerika. Yamenyekanye mu ndirimbo nyinshi zirimo nka ‘Sicko Mode’, ‘My Eyes’, ‘Trance’ n’izindi.

Travis Scott yajyanywe mu nkiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .