Iri rushanwa ryaberaga muri Côte d’Ivoire kuva muri Mata 2026, ryari ryitabiriwe n’Abanyarwanda batatu barimo Boukuru, Uwase Belinda umaze kuzamura izina rye nka Bel n’undi witwa Sabrina.
Aba bakobwa uko ari batatu bari bitabiriye iri rushanwa byarangiye batashye bose, aho Boukuru na Bel baviriyemo muri ‘Battle’.
Iri rushanwa ritangizwa n’icyiciro cyitwa ‘Blind Audition’ aho abanyempano baririmba batewe umugongo n’abagize akanama nkemurampaka kagizwe n’abarimo Meiway wo Côte d’Ivoire, Josey wo muri Côte d’Ivoire, Franglish wo mu Bufaransa na Emma’a wo muri Gabon.
Iyo umunyempano yemeje abagize akanama nkemurampaka, barahindukira noneho buri umwe akamureshya amusaba kujya mu ikipe y’abo azafasha.
Abanyempano na bo bahabwa umwanya wo guhitamo ugize akanama nkemurampaka ayoboka, akajya kumutoza.
Nyuma y’iki cyiciro, hakurikiraho icyitwa ‘battle’ aho abanyempano babiri babiri bahuriye mu ikipe imwe bahatanira ku rubyiniro imbere y’akanama nkemurampaka noneho wa wundi wabahisemo agahitamo uwahize undi.
Iki ni cyo cyiciro Boukuru na Bel baviriyemo, u Rwanda ruba rusigaranye umunyempano umwe ari we Sabrina wabashije kurenga icyiciro cya ‘battle’ cyarangiye muri Mata 2026.
Icyakora n’uyu wari usigayemo, yaje gusezererwa muri kimwe cya kabiri cy’iri rushanwa. Kuri ubu hasigayemo abanyempano bane bonyine.
Byinshi ku makuru y’iri rushanwa azatangira gutangazwa nyuma y’uko rizaba ritangiye gutambutswa kuri Canal+ Magic kuva ku wa 12 Kamena 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!