00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Ben yavuye i Musanze yishongora kuri Bruce Melodie

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 June 2026 saa 08:03
Yasuwe :

Nyuma y’igitaramo bahuriyemo i Musanze, The Ben yishongoye kuri Bruce Melodie, aca amarenga yo kumwereka ko umweru witandukanyije n’umukara nk’uko yari yabimwijeje mu kiganiro n’abanyamakuru.

Ibi The Ben yabikoze yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, aho yagiye kuri ‘Insta story’ asangije abamukurikira ifoto y’umweru ndede irimo akantu k’akadomo k’umukara.

Ni igikorwa The Ben yakoze bigaragara ko ashaka kwerekana ko umweru warushije cyane umukara, arangije anafata indi foto y’umweru irimo agatima ashaka kugaragaza ko akunda abamushyigikiye.

The Ben yahise agaragaza ko yagize ikibazo cy’umwanya udahagije kuko yifuzaga kuva ku rubyiniro ku rutonde rw’indirimbo yagombaga kuririmba yongeyeho izindi eshanu zikomeye.

Muri izi ndirimbo, The Ben yagaragaje ko atagize amahirwe yo kuririmba kandi zikunzwe ni Ndaje, Why, Folomiana, Ko nahindutse, Lose control, Vazi, Roho yanjye na True love.

The Ben na Bruce Melodie bamaze igihe bahigana ubutwari ubu bahuriye ku itabaro, aho biyemeje gukorana ibitaramo bine bizenguruka Igihugu basusurutsa abakunzi babo.

Ibi bitaramo abafana babo bo babifata nk’ibyo kwikiranura ku mpaka zimaze igihe zo gushaka umuhanzi ukunzwe n’abakunzi b’umuziki kurusha undi.

Ni ibitaramo byatangiriye mu Karere ka Musanze kuri uyu wa 13 Kamena 2026, mu gihe bizakomereza i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026.

Abatari kubasha kwitabira ibi bitaramo bashyiriweho urubuga ‘Onstage’ bajya babikurikiraho biri kuba.

The Ben ati umweru witandukanyije n'umukara, umukara uba akadomo mu mweru
The Ben yavuze ko we ari umweru
The Ben yemeza ko umwanya wamubanye muto bituma ataririmba nyinshi mu ndirimbo ze zikunzwe
The Ben yavuye i Musanze yikomanga mu gatuza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages