Mu rwego rwo gufasha ababonye umwanya wo kuruhuka, IGIHE buri mpera z’icyumweru ibakusanyiriza ibihangano bishya mbyabafasha kugira ibihe byiza.
Inshallah-The Ben
Nyuma y’igihe abakunzi be bategereje indirimbo ‘Inshallah yari amaze amezi atari make abateguje, The Ben yashyize arayisohora ndetse anasohora amashusho yayo nkuko yari aherutse kubiteguza abakunzi be.
Iyi ndirimbo nshya y’uyu muhanzi mu buryo bw’amajwi yakozwe na Madebeats mu gihe amashusho yayo yafashwe anatunganywa na Julien Bmjizzo.
Abajeune -Ish Kevin
Umuraperi Ish Kevin yasohoye indirimbo nshya yise ‘Abajeune’ iyi ikaba yanasohokanye n’amashusho yayo nkuko uyu muhanzi amaze kubimenyereza abakunzi be.
Ni indirimbo uyu muhanzi aba akeburamo urubyiruko ku byago byinshi bibategereje muri sosiyete mu gihe batabasha kwitwararika.
Ni inde- Shaffy ft Element EleéeH
Shaffy uri mu bahanzi bakomeye batangiriye umuziki muri Diaspora ya Amerika, yongeye guhuza imbaraga na Element EleéeH bakorana indirimbo ‘Ni inde’.
Iyi ndirimbo isohotse nyuma y’iminsi mike uyu muhanzi atangaje ko yatangiye gushyira imbaraga nyinshi mu muziki wo mu Rwanda ndetse mu minsi ishize akaba yari i Kigali aho yari yitabiriye igitaramo cya King James.
Chaser- Passy Kizito ft Butera Knowless&Alyn Sano
Passy Kizito wamenyekanye mu itsinda rya TNP akomeje urugendo rwo gukora umuziki ku giti cye, by’umwihariko akaba yongeye gusangiza abakunzi be indirimbo nshya yise ‘Chaser’.
Aramaze- Yampano
Yampano nubwo afungiye mu igororero rya Nyarugenge i Mageragere, abakurikiranira hafi umuziki we bakomeje gusohora ibihangano bye bishya.
Kuri ubu bamaze gushyira hanze indirimbo nshya uyu muhanzi yise ‘Aramaze’.
Yampayinka- Kirikou Akili ft Kivumbi King
Kirikou Akili na Kivumbi King basanzwe ari inshuti zikomeye, bongeye guhuza imbaraga bakorana indirimbo yabo nshya bose ‘Yampaye inka’.
Iyi ndirimbo yagiye hanze mu gihe Kivumbi King yiteguraga urugendo rwerekeza muri Tchèque aho yari ategerejwe mu Iserukiramuco rya ‘AfrOstrava 2026’.
Nyamabara- Okkama
Okkama yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Nyamabara’ iyi ikaba ari nayo yitiriye album ye nshya aherutse kumurikira abakunzi be.
Ku mutima- Mamba
Ahimana Adrien winjiranye mu muziki izina rya ‘Mamba’ akaba umuhanga mu gutunganya indirimbo z’abandi bahanzi ndetse no gucurangira abandi bahanzi ingoma, yasohoye amashusho y’indirimbo yise ‘Ku mutima’.
Busy- Papa Cyangwe ft Elvin Cena
Papa Cyangwe yasohoye indirimbo nshya yise Busy, iyi akaba yarayikoranye na Elvin Cena wamenyekanye cyane kubera iyo yakoze yifashishije AI yise ‘Let me be’ yabiciye bigacika.
Elvin Cena, w’imyaka 21 y’amavuko, yakoze umuziki kuva mu 2020 akaba yari aratarabona aho amenera mu ruganda rwa muzika ariko ‘Let Me Be’ imugira umunyabigwi.
Udukaramu- Ambassadors of Christ Choir
Korali Ambassadors of Christ ikomeje imyiteguro y’igitaramo cyabo giteganyijwe ku wa 30 Kanama 2026, basohoye indirimbo nshya bise ‘Udukaramu’.
Tweguye inanga- Rwandan worshippers
Abahanzi barenga icumi bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bahuje imbaraga bakora indirimbo bise ‘Tweguye inanga’ yo gushimira Imana.
Ni indirimbo ihuriwemo n’abahanzi barimo Aimé Uwimana, Christian Irimbere, Papy Clever, Patrick&Tracy, Bosco Nshuti, Kanuma Damascen, Tonzi, Aline Gahongayire, Gabi Kamanzi, Trésor, Josh Ishimwe.
Indirimbo zo hanze
Nimelewa-Big Fizzo
I love you because -Mr P
Beautiful-Harmonize
B4 B4-Davido, Mayorkun, Fola
Shekete - Bebe Cool
Heaven baby-Ayra Starr ft Zayn
Rita -Elijah Kitaka
Spazzz-Busta Rhymes & J Dilla
Touch - Rayvanny



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!