Ni umuganda yafatanyije n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyagatare, Murekatete Juliet.
The Ben yabwiye IGIHE ari umuganda yakoze nk’umwana wari utashye iwabo utewe ishema n’iterambere Akarere ka Nyagatare kagezeho.
Ati “I Nyagatare ni mu rugo, ni ho ababyeyi banjye bavuka. Hari ukuntu nari maze igihe ntahakorera ibitaramo, rero ni iby’agaciro kuba kuri iyi nshuro tugiye kuhataramira.”
“Nk’umwana utashye iwabo nifuje kwifatanya n’urubyiruko mu muganda wo kuhakora isuku. Nishimiye ko abavandimwe b’urubyiruko rw’abakorerabushake narwo rwaje kwifatanya nanjye n’umuyobozi twifatanyije.”
The Ben, Bruce Melodie, Bwiza na Kitoko barataramira abakunzi babo kuri Stade ya Nyagatare.
Abantu batari i Nyagatare bashyiriweho uburyo bwo gukurikira ibi bitaramo banyuze hano



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!