00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Ben n’umugore we berekeje muri Zambia

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 May 2026 saa 12:19
Yasuwe :

The Ben n’umugore we, Uwicyeza Pamella berekeje muri Zambia ku wa 30 Mata 2026, aho bitabiriye igitaramo cy’abahanzi b’ibyamamare nka Rick Ross, Davido, Koffi Olomide n’abandi bahanzi bakomeye bo muri iki gihugu.

Uyu muhanzi n’umugore we berekeje muri Zambia mu rugendo bagize ibanga, icyakora amakuru IGIHE ifite ni uko bashobora kwitabira igitaramo cy’aba bahanzi i Lusaka.

Rick Ross, Davido na Koffi Olomide bategerejwe mu gitaramo byitezwe ko kigomba kubera ahitwa Ciela Resort- Bonanza kuri uyu wa 1 Gicurasi 2026.

Davido umaze umwaka mu bitaramo bizenguruka Isi amenyekanisha album ye nshya yise ‘5Ive’ azataramira kandi ahitwa ‘Polo field show grounds’ ku wa 2 Gicurasi 2026.

Iki gitaramo kizaba kibanziriza bibiri bya nyuma Davido azakorera muri Guinea ari nabyo azorezaho uruhererekane rw’ibitaramo bizenguruka Isi.

Ku rundi ruhande, The Ben yerekeje muri Zambia mu gihe ari mu myiteguro y’igitaramo azahuriramo na Diamond i Kampala ku wa 5 Kamena 2026, iki kikazaba kibimburiye ibyo uyu muhanzi agomba gukorana na Bruce Melodie bazenguruka Igihugu.

Byitezwe ko muri Kamena-Nyakanga 2026 Bruce Melodie na The Ben bazakorana ibitaramo bine bizenguruka imijyi itandukanye y’u Rwanda.

Byitezwe ko The Ben n'umugore we bitabira igitaramo cy'abahanzi barimo Davido, Koffi Olomide na Rick Ross
Zambia ni kimwe mu bihugu Davido agiye gusorezamo ibitaramo byo kumenyekanisha album ye '5Ive'
The Ben na Uwicyeza Pamella berekeje muri Zambia mu rugendo bagize ibanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages