The Ben yari yajyanye na Bruce Melodie gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi ku Cyumweru tariki ya 12 Mata 2026.
Amakuru IGIHE yabonye ni uko uko kumva atameze neza byatumye atandukana n’abo bari bajyanye kare kugira ngo ajye kuruhuka, bigeze mu gicuku cy’uwo munsi ni bwo yakomeje kumererwa nabi birangira ajyanywe kwa muganga.
Bivugwa ko kugeza ubu akiri mu bitaro Kanombe aho ari kwitabwaho n’abaganga, gusa ntitwabashije kumenya indwara arwaye.
The Ben yafashwe n’uburwayi mu gihe yitegura gutangira imyiteguro y’ibitaramo azahuriramo na Bruce Melodie bizazenguruka imijyi ine y’u Rwanda.
Ni ibitaramo bizaba bikurikira ‘The New Year Groove’ The Ben yakoreye muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!